00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Makanyaga Abdul yasusurukije Abaturarwanda muri Iwacu Muzika Festival (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 19 September 2021 saa 12:05
Yasuwe :

Umuhanzi Makanyaga Abdul wamenyekanye cyane mu ndirimbo zo hambere, yataramiye abantu mu iserukiramuco rya Iwacu Muzika Festival, mu gitaramo cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Nzeri 2021.

Iri serukiramuco ryanyuze kuri Televiziyo y’u Rwanda mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 kibasiye Isi muri iki gihe. Makanyaga yataramiye Abanyarwanda ashyigikiwe n’itsinda ry’abacuranzi n’abaririmbyi basanzwe bafatanya mu bitaramo bitandukanye akora.

Makanyaga yakoze iki gitaramo yizihiza isabukuru y’imyaka 51 amaze mu muziki. Uyu musaza ni umunyamuziki ukunda gukora kandi wuzukuruje. Yakuze akunda umuziki yiyemeza kuwuteza imbere n’ubwo yagiye agira intege nke nk’abandi bose.

Makanyaga avuga ko umuziki w’u Rwanda uri gutera imbere ashingiye ku bikorwa bitandukanye abona bikorwa nk’ibitaramo biteza imbere abahanzi.

Yagaragaje ko n’ubwo amaze igihe kinini mu muziki, ababazwa no kubona abahanzi badashyira hamwe.

Ati “Ikintu kintera amakenga cyane ni ukudafatanya bihagije. Mugenzi wawe akakubwira ati dufatanye ugashaka kumuhunga kuko wenda umurusha sinzi niba ari imibereho cyangwa kwamamara.”

Yavuze ko abahanzi bakwiriye gushimishwa n’iterambere rya bagenzi babo. Ati “Niba ateye imbere uyu mwaka, mba nzi ko ari njye utahiwe ubutaha kuko ndamureberaho, impamvu ateye imbere bigatuma nanjye nkora iyo bwabaga kugira ngo ntere imbere.”

Uyu muhazi yavuze ko abahanzi bakwiye guhanga babungabunga umuco. Avuga ko imyaka 51 ishize akora umuziki ayifiteho urwibutso rw’uko yabitangiye yumva atari ibintu bizamuha umugati, ariko uko iminsi yagiye yicuma yageze kuri byinshi.

Muri iki gitaramo, Makanyaga yaririmbye indirimbo nka “Urukundo”, “Nkwemereye urukundo”, “Nshatse inshuti”, "Ibitekerezo", "Rubanda" n’izindi.

Uyu muhanzi yabaye uwa 11 uririmbye muri Iwacu Muzika Festival 2021. yaje akurikira abandi barimo Platini P, Masamba Intore na Mariya Yohana bafatanyije na RDF Military Band, Mani Martin, Cyusa Ibrahim, Peace Jolis, Naason na Edouce Softman na Bruce Melodie, Israel Mbonyi ndetse na Bushali na Aime Bluestone, Yverry , igitaramo cyo kunamira cyo kunamira Jay Polly na Marina na Calvin Mbanda baherukaga muri ibi bitaramo.

BK ni umwe mu baterankunga b'Imena b'ibi bitaramo
Makanyaga ni umwe mu bahanzi bamaze igihe kinini mu muziki
Makanyaga agira ibihangano bikora ku ndiba z imitima yiganjemo iy abakundana
Makanyaga agira ibihangano bikora ku ndiba z imitima yiganjemo iy abakundana
Makanyaga amaze imyaka 51 ari umunyamuziki
Makanyaga na bamwe mu bamufasha mu muziki basusurukije abakurikiye Iwacu Muzika Festival
Makanyaga yavuze ko abahanzi b'ubu bakwiriye gushyira imbere ubufatanye
Makanyaga yifuza ko abahanzi bashyira hamwe
Uyu muhanzi ni umwe mu banyabigwi mu muziki nyarwanda
Umuziki waryoshye, abacuranzi bakaraga umubyimba
Uyu muhanzi ubwo yataramiraga abantu

Amafoto: BJC/ East African Promoters(EAP)


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .