00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Prince Salomon yisunze Davis D mu ndirimbo yitezeho kwagura amarembo ye muri muzika

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 16 November 2021 saa 03:45
Yasuwe :

Umuhanzi Prince Salomon yashyize hanze indirimbo yise ’Wowe’ yahuriyemo na Davis D, uri mu bagezweho mu Rwanda.

Indirimbo ’Wowe’ D yagiye hanze kuri iki Cyumweru tariki 14 Ugushyingo 2021, ikoze mu buryo bw’amajwi mu gihe amashusho azasohoka mu mpera z’uyu mwaka.

Ni indirimbo irimo ubutumwa bw’urukundo rw’umuhungu n’umukobwa bamaze gushinga imizi badafite ubwoba no gushidikanya ku rwo bakundana.

Mu kiganiro na IGIHE, Prince Salomon yavuze ko yahisemo kwisunga Davis D nk’umuhanzi w’umuhanga kandi ugezweho.

Ati "Impamvu nahisemo gukorana na Davis D ni uko ari umuhanga kandi akaba umuhanzi nkunda mu Rwanda kandi uhagaze neza mu muziki. Kuri njye, Davis D ni umuhanzi ufite umwihariko mu Rwanda kandi n’indirimbo ze usanga zifite umwihariko, atandukanye n’abandi bahanzi."

Yavuze ko ari nayo mpamvu yizeye ko indirimbo ye izagera kure bitewe n’uko ari indirimbo y’urukundo kandi yakoranye n’umuhanzi ukomeye.

Indirimbo ’Wowe’ yakozwe inatunganywa mu buryo bw’amajwi muri The Mane Music, ikorwa na Producer Ayoo Rash.

Prince Salomon avuga ko nyuma y’iyi ndirimbo afite imishinga n’abahanzi batandukanye barimo Kevin Kade n’abandi.

Uyu musore yatangiye umuziki mu 2020. Amaze gukora indirimbo zirimo Ninde, Uramurika n’izindi.

Davis D ni umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda
Solomon yiyemeje gukomeza gukorana n'abahanzi bagezweho mu kwagura umuziki we
Iyi ndirimbo ibaye iya Gatatu Salomon ashyize hanze kuva yatangira umuziki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .