00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

INDIBA Y’IBIVUGWA: Amahirwe n’ibibazo bitegereje EAC nyuma yo kwinjira kwa RDC (Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 April 2022 saa 07:58
Yasuwe :

Hashize iminsi mike Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemerewe kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).

Ni amahirwe akomeye kuri icyo gihugu gituwe n’abasaga miliyoni 95, bikaba andi mahirwe ku muryango wa Afurika y’Iburasirazuba yungutse isoko rinini n’igihugu gikungahaye ku mutungo kamere muri Afurika.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nicyo gihugu gicukurwamo cobalt nyinshi ku Isi, aho itanga 68% by’ikoreshwa ku Isi yose, ndetse ikaba mu bihugu bitanu bya mbere ku Isi mu gutanga copper nyinshi ikoreshwa ku Isi.

Muri rusange, Congo ni igihugu cy’ubutunzi butagira akagero, aho ubukiri mu butaka bwabwo bufite agaciro ka miliyari ibihumbi 24$. Kubyumva neza, ibaze ko ubukungu bwa Amerika, igihugu cya mbere gikize ku Isi, bufite agaciro ka miliyari ibihumbi 25$.

Ubu bukungu bungana gutya nibwo iki gihugu cyinjiranye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Icyakora nubwo ubukungu n’amahirwe y’icyo gihugu atagira akagero, ni igihugu kimaze imyaka isaga 25 uburasirazuba bwacyo bwarayogojwe n’imitwe yitwaje intwaro kandi icyo gice iyo mitwe irimo ni nacyo kibonekamo amabuye y’agaciro menshi.

RDC iri ku mwanya wa kabiri w’ibihugu u Rwanda rwoherejemo ibicuruzwa byinshi, bifite agaciro ka miliyoni 34$, bingana na 10% by’ibyo u Rwanda rwohereje mu mahanga muri icyo gihe.

Uretse u Rwanda, ibindi bihugu bya EAC nabyo birajwe ishinga n’isoko rya Congo, yaba mu buryo bw’ubucuruzi ndetse n’ishoramari. Kwinjira kwa Congo muri EAC byatumye umusaruro mbumbe w’uyu Muryango uzamuka ugera kuri miliyari 240$ n’isoko ry’abaturage miliyoni barenga miliyoni 260.

Nubwo ku mpande zombi hari amahirwe, haracyari impungenge ku kamaro ka RDC muri EAC hashingiwe ku bibazo by’umutekano na politiki y’icyo gihugu, ndetse n’icyo yo ubwayo nk’igihugu izunguka.

Kurikira ikiganiro INDIBA Y’IBIVUGWA umenye byinshi ku kwinjira kwa RDC muri EAC.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .