Ibi bikoresho bigizwe n’amakayi ibihumbi bitatu aba banyeshuri bazifashisha ubwo bazaba batangiye kwiga.
Ni igikorwa Cogebanque yakoze ku bufatanye n’uyu muryango ndetse n’ikigo Umurage Education and Development gikorana n’abafatanyabikorwa batandukanye mu gutunganya ibikoresho by’ishuri hanyuma bigashyikirizwa abanyeshuri babikeneye ku buntu.
Kuri uyu wa Gatatu ku wa 20 Nzeri 2023 mu muhango wo gushyikiriza uyu muryango ibi bikoresho ku mugaragaro, Umukozi ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Cogebanque, Iyamuremye Antoine, yavuze ko ari inshingano za buri umwe mu gushyigikira gahunda ya Leta y’u Rwanda yo kugeza uburezi kuri bose.
Yavuze ko muri ibi bihe abantu benshi bahuye n’ibibazo by’ubukungu ku buryo hari ababyeyi batabashije kugira ubushobozi bwo kugurira abana babo ibikoresho byose by’ishuri biba bikenewe akaba ariyo mpamvu iyi banki yafashe iya mbere mu gushyigikira bamwe mu bahuye n’ibyo bibazo.
Ati “Iki gikorwa ni ikiza cyuzuzanya n’intego zacu zo gushyigikira no guteza imbere uburezi bushingiye ku bumenyi. Nka banki turifuza gukomeza ibikorwa nk’ibi ku buryo twabigeza kure hashoboka maze buri mwana akagira amahirwe yo kwiga.”
Umuyobozi wa SOS Rwanda, Kwizera Jean Bosco, yavuze ko ari impano ikomeye kandi ije mu gihe cya nyacyo kuko yari ikenewe.
Ati “Murabizi ko amashuri yenda gutangira nk’ababyeyi dufite abana basaga ibihumbi 14 ni ibyagaciro kuko n’ufite umwana umwe ubu ni ibihe bigoye kubona ibyangombwa byose kugira ngo umwana ajye ku ishuri. Iyi nkunga rero tubonye y’amakayi kuri twe ni inkunga ikomeye cyane kuko biratuma abana bacu bajya ku ishuri bafite ibikoresho bihagije.”
Kuri ubu mu SOS Children’s Village Rwanda ifite imidugudu mu turere 13 dutandukanye tw’u Rwanda, ifite kandi amashuri 10 yigisha imyuga. Binyuze mu mishinga yayo itandukanye ifasha abarenga ibihumbi 110.
Kuva Cogebanque yakwemererwa gukorera mu Rwanda imaze kugira amashami 28 hirya no hino ayifasha kugeza serivisi ku bayigana.
Ifite ATM 36, aba-agents barenga 650 bayifasha gutanga serivisi zo gufunguza konti kubitsa no kubikuza zirimo n’izifashisha ikoranabuhanga binyuze muri Internet Banking, Mobile Banking n’amakarita ya MasterCard (Debit, Credit na Prepaid) afasha abayakoresha kwishyura no kubikuza ahantu harenga miliyoni 36 ku Isi yose.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!