00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cogebanque yahembye ibigo by’amashuri bikoresha neza SchoolGEAR

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 9 October 2023 saa 09:36
Yasuwe :

Abayobozi b’ibigo by’amashuri bikoresha ikoranabuhanga rya SchoolGEAR, bahamya ko ryoroheje imigenzurire y’ibikorwa by’amashuri yabo ndetse n’imicungire y’umutungo ikarushaho gusobanuka.

Ni ubuhamya bamwe muri bo batanze ubwo Banki y’Ubucuruzi ya Cogebanque yari iri mu gikorwa cyo kuzenguruka igihugu muri gahunda yo guhemba ibigo biza ku isonga mu gukoresha serivisi zayo cyane iza SchoolGEAR.

SchoolGEAR ni uburyo bufasha ababyeyi cyangwa abanyeshuri kwishyura amafaranga y’ishuri ‘Minerival’ ariko noneho bagakoresha ikoranabuhanga.

Iki gikorwa cyo gutanga ibihembo cyahereye mu Ntara y’Amajyaruguru mu karere ka Gicumbi ahahembewe Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba, UTAB, gikomereza mu karere ka Musanze aho ishuri rya Ecole Regina Pacis, ariryo ryegukanye iki gihembo.

Mu Ntara y’Amajyepfo hahembwe Petit Seminaire Virgo Fidelis de Butare, mu gihe mu Burasirazuba bw’u Rwanda ishuri rya Nyamirama TVET ariryo ryahize ayandi mu gukoresha SchoolGEAR.

Ni ibihembo birimo imashini za mudasobwa, ibikoresho byo mu biro ndetse n’amafaranga ibihumbi 500 Frw.

Mu mujyi wa Kigali amashuri ya Les Hirondelles de Don Bosco, Saint Joseph Kicukiro, amashuri ya Rwanda Polytechnic ndetse na École Privée Marie Auxiliatrice [EPMA] niyo yahembwe.

Umuyobozi wa Petit Seminaire Virgo Fidelis de Butare, Padiri Jean de Dieu Habanabashaka, yavuze ko iri koranabuhanga ryagabanyije amakosa amwe yakorwaga n’abacungamutungo kuko kuri ubu ibyinshi bihita byikora.

Padiri Tuyisenge Jean de Dieu, uyobora Ecole Regina Pacis, we yavuze ko kuri ubu hagiye gushira imyaka itatu ishuri ayoboye rikoresha iri koranabuhanga ariko “Mbere y’icyo gihe byasabaga kugenzura buri nyemezabwishyu ya buri mwana rimwe hakaba izakwibagirana cyangwa nk’umwana akaba yazana itari yo bigatera ibibazo ariko ubu iri koranabuhanga ryarabikemuye ndetse ryihutisha n’imirimo.”

Kugira ngo umunyeshuri cyangwa umubyeyi akoreshe iyi serivisi agomba kuba afite kode yahawe n’ikigo umunyeshuri aba yigaho. Buri mwana wese agira kode ye imutandukanya n’abandi.

Umuyobozi ushinzwe Imari muri, Ecole Les Hirondelles de Don Bosco, Dusenge Antoine, yavuze ko iri shuri rifite abanyeshuri benshi bityo SchoolGEAR ikaba yaroroheje imirimo yo kugenzura imyishyurire yabo.

Yavuze ko kubera ushobora gukoresha iri koranabuhanga uri mu rugo byagabanije ubutinde n’akavuyo kabaga mu gihe cyo kwishyura amafaranga y’ishuri ku kigero cya 80%.

Umuyobozi wa Ecole Saint Joseph Kicukiro, Jean Paul Ininahazwe, yavuze ko nubwo SchoolGEAR ikoreshwa cyane mu kwishyura amafaranga y’ishuri ariko ifasha no mu bindi bikorwa byo gukurikirana ibikorwa by’ishuri.

Ati “Irimo uburyo bwo kugenzura ubwitabire bw’abanyeshuri, uburyo ushobora gutumanaho n’ababyeyi ubu nti tucyandika amabaruwa ahubwo wandika ubutumwa bumwe ukabwohereza ku babyeyi bose ushaka.”

Umuyobozi w’agateganyo ushinzwe ubucuruzi, Songa Rwamugire, wari uhagarariye umuyobozi mukuru wa Cogebanque muri iki gikorwa, yashimiye abakoresheje iyi serivisi neza avuga ko atewe ishema no kubona ryarabagiriye akamaro bakaba bari mu byishimo by’inyungu zaryo.

Ati “ubu ni uburyo tuzakomeza kwagura ku buryo ikigaragaye nk’ikibura cyongerwemo kugira ngo dukomeze koroshya uburyo bw’imicungiro y’umutungo mu mashuri ndetse tunakomeze gushyigikira imigendekere myiza y’amasomo.”

Kuva Cogebanque yakwemererwa gukorera mu Rwanda imaze kugira amashami 28 hirya no hino ayifasha kugeza serivisi ku bayigana. Ifite ATM 36, aba-agents barenga 650 bayifasha gutanga serivisi zo gufunguza konti kubitsa no kubikuza zirimo n’izifashisha ikoranabuhanga binyuze muri Internet Banking, Mobile Banking n’amakarita ya MasterCard (Debit, Credit na Prepaid) afasha abayakoresha kwishyura no kubikuza ahantu harenga miliyoni 36 ku Isi yose.

Mu Ntara y’Amajyepfo hahembwe Petit Seminaire Virgo Fidelis de Butare
Mu Ntara y'Iburasirazuba Nyamirama TVET ni ryo ryegukanye igihembo
Ishuri rya Ecole Regina Pacis ryo mu Karere ka Musanze na ryo ryegukanye igihembo
Abayobozi ba Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba, UTAB, bakiriye ibihembo byabo birimo ibikoresho byo mu biro n'imashini ya mudasobwa
Abayobozi ba Ecole Regina Pacis bakira igihembo cyagenewe ishuri ryabo
Abayobozi ba Petit Seminaire Virgo Fidelis de Butare, bagaragaje ibyishimo bidasanzwe ku bw'igihembo bagenewe
Abayobozi b'Ishuri rya Nyamirama TVET bakira igihembo cy'ibihumbi 500 Frw bagenewe
Abari bahagarariye amashuri ya Rwanda Polytechnic bahawe igihembo cyagenewe ayo mashuri
Abayobozi ba Les Hirondelles de Don Bosco bakira ibihembo
Umuyobozi wa Saint Joseph Kicukiro, yavuze ko yishimye ku bwo kubona Cogebanque yabatekerejeho
Umuyobozi wa Ecole Saint Joseph Kicukiro, Jean Paul Ininahazwe, avuga ko iri koranabuhanga rigizwe n'ibice byinshi ari akarusho karyo
Rwema Tony, Umukozi mu Ishami Rishinzwe Serivisi z’Imari hifashishijwe Ikoranabuhanga muri Cogebanque akaba ari na we ushinzwe SchoolGEAR
Umuyobozi w'Agateganyo ushinzwe Ubucuruzi, Songa Rwamugire, yavuze ko yishimiye ko aba bayobozi bagaragaje ko SchoolGear yabagiriye akamaro
Ibigo by'amashuri mu Mujyi wa Kigali byahawe ibihembo
Cogebanque yashimiwe ubufatanye bwayo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .