00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bank of Africa yasabanye n’abakiliya bayo i Kayonza, ibateguza impinduka nziza muri serivisi itanga

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 10 March 2024 saa 01:47
Yasuwe :

Bank of Africa yasabanye n’abakiliya bayo bo mu ntara y’Iburasirazuba mu karere ka Kayonza, inabateguza impinduka nziza mu mitangire ya serivisi aho vuba aha igiye gushyiraho porogaramu izajya ikoreshwa n’abakiliya mu kubona no gukoresha serivisi zose za banki.

Bank of Africa yatangarije abakiliya kandi ko iri gutegura uburyo yashyiraho abayihagarariye bazwi nk’aba-Agent hirya no hino mu gihugu, kugira ngo buri wese aho ari abashe gukoresha serivisi iyi banki itanga.

Ibi byatangajwe mu busabane bwahuje Bank of Africa n’abakiliya bayo, bwabereye mu Karere ka Kayonza ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Werurwe 2024.

Mbere y’uko ubu busabane ndetse no gusangira biba, Umuyobozi Mukuru wa Bank of Africa ndetse n’abandi bamwungirije, bamaze iminsi ibiri basura abakiliya batandukanye b’iyi banki babarizwa mu Ntara y’Iburasirazuba, kugira ngo bumve ibyifuzo byabo ndetse barusheho kubaka umubano.

Umuyobozi w’ubucuruzi muri Bank of Africa; Nkubito Samuel, yabwiye abakiliya ko babegereye kugira ngo babashe kumva ibyifuzo byabo kuri serivisi zitandukanye iyi banki itanga, barusheho kuzinoza.

Yavuze kandi ko bifuza kwagura uburyo serivisi zibageraho no kurushaho kubegera kugira ngo babahe serivisi nziza.

Nzabonimana Jean Claude, umwe mu bacuruzi bo mu Karere ka Kayonza watangiranye ndetse agatezwa imbere n’iyi Banki, yayishimiye kuri serivisi nziza bamuhaye bigatuma yagura ibikorwa bye byose akesha inguzanyo yagiye ahabwa akazishyura neza, bakongera bakamuha izindi kugeza ateye imbere akaba rwiyemezamirimo ukomeye ubu ufite bizinesi eshatu zitandukanye.

Ndayiragije Patrice uri mu bayobozi ba PSF Kayonza, yashimiye ubuyobozi bwa Bank of Africa ku mikoranire myiza n’abacuruzi, akaba yabijeje ubufatanye mu iterambere.

Yabasabye kongera serivisi batanga no gushyiraho aba-Agent kugira ngo byoroshye imikoranire.

Umuyobozi Mukuru wa Bank of Africa mu Rwanda, Vincent Istasse, yashimiye abakiliya babagiriye icyizere bakabagana abizeza impinduka mu mikorere, aho ngo bagiye gushyiraho aba-Agent bazajya babafasha batarinze kujya kuri banki ndetse na porogaramu y’iyi banki ikaba igiye gushyirwaho mu gihe kitarambiranye.

Ati “ Turabashimira ku mikoranire myiza ikomeje kuturanga tunababwira ko mu gihe kitarenze ukwezi kumwe muzabona impinduka mu mikorere. Ibi byose biri gukorwa kugira ngo dufashe mwebwe abakiliya kubona serivsi nziza. Mukwiye no kugabanya ingendo mukora muza kuri banki, turifuza koroshya no kunoza serivisi zose dutanga.”

Bank of Africa ni Banki Mpuzamahanga y’ubucuruzi imaze imyaka irenga 40, mu Rwanda ifite amashami 14 mu ntara zose z’igihugu mu turere dutandukanye. Ikorera mu bihugu byinshi byo muri Afurika y’Iburasirazuba, mu Burengerazuba bw’Afurika, mu Bufaransa, ndetse no mu Bushinwa.

Nzabonimana yatanze ubuhamya bw’ukuntu iyi banki yamufashije gutera imbere
Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri Bank of Africa, Nkubito yijeje abakiliya kuborohereza serivisi
Ndayiragije Patrice yasabye ubuyobozi bwa Bank of Africa gukomeza gutanga serivisi nziza
Umuyobozi w Bank of Africa ishami rya Kayonza, Rusanganwa Justin yijeje abakiliya serivisi nziza
Umuyobozi Mukuru wa Bank of Africa mu Rwanda, Vincent Istasse, yavuze ko mu kwezi kumwe abakiliya babona impinduka nziza
Mbere yo gusabana n’abakiliya babanje kujya mu kiganiro kuri Radio Izuba, basobanurira abaturage serivisi batanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .