00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BPR Bank Rwanda yijeje gutangiza serivisi zihariye zigenewe amadini n’amatorero

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 14 February 2024 saa 06:48
Yasuwe :

Ubuyobozi bukuru bwa BPR Bank Rwanda PLC, bwatangaje ko bitarenze igihembwe cya mbere cya 2024, hazaba hashyizweho serivisi nshya zihariye, zireba imiryango ishingiye ku myemerere irimo amadini n’amatorero mu Rwanda.

Ibi Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc, Patience Mutesi, yabitangaje ubwo yagezaga ubutumwa bwe ku bari bitabiriye ibirori byo gushima, byateguwe n’iyi banki.

Ibi birori byabaye kuri uyu wa Gatatu ku ya 14 Gashyantare 2024, bibera muri Kigali Convention Centre.

Abakiliya n’abakozi b’iyi banki, abafatanyabikorwa bayo, hamwe n’abandi batumirwa b’imena nibo bari babukereye. Ni ibirori byaranzwe no gushima Imana, kuganira ku mpande zose ndetse no gusangira hishimirwa ibimaze kugerwaho binyuze mu bufatanye bw’abantu batandukanye batuma ibikorwa bya BPR Bank Rwanda Plc, bikomeza.

Pst. Twagirayesu Patrick, wari uhagarariye abakiliya bose b’iyi banki, yagaragaje ko yanyuzwe n’igitekerezo cyo kubahuriza hamwe ngo bashime Imana n’abakiliya muri rusange kubera ubufatanye bwabo.

Ati “Gushima ni umuco mwiza. Hari ubwo abantu benshi batinya za banki ariko iragoboka kuko natwe iyi ya BPR hari igihe yigeze kutugoboka kandi biduteza imbere.”

Twagirayesu, yashimangiye ko abo mu miryango ishingiye ku myemerere nabo bakeneye kwitabwaho, hakagira serivisi za banki bashyirirwaho kuko nabo bakenera ibikorwaremezo birimo inyubako, ibikoresho, n’ibindi byunganira umurimo wo gutanga ubutumwa bwiza.

Muri ibi birori, Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc, Patience Mutesi, yavuze ko kuba iyi banki ikiriho kandi ikora neza, babikesha abakiliya bayo.

Yagaragaje ko kimwe mu byo bashyira imbere ari ugutega amatwi abaza bose babagana kugira ngo bumve icyo babatekerezaho, akaba ari imwe mu mpamvu zatumye hategurwa uyu munsi.

Ati “Nka banki turi mu rwego rwa serivisi, bivuze ko atari twe tubagenera ibyo mukeneye, ahubwo twe tuba tugomba kubatega amatwi mukatubwira icyo mushaka. Niyo mpamvu tubizeza ko bitarenze muri Werurwe uyu mwaka, muzaba mwabonye serivisi za banki zacu zireba imiryango ishingiye ku myemerere.”

Yagaragaje ko batabona iyi miryango nk’iciriritse, ahubwo bayibona nk’igira akamaro gakomeye mu guhanga imirimo, gutanga ubufasha butandukanye mu nzego zinyuranye zirimo uburezi, ubuzima n’izindi.

Pst. Hassan Kibirango, watanze ubutumwa yifashishije ijambo ry’Imana ryo muri Bibiliya, yagaragaje ko ubuyobozi bwiza burangwa n’ubunyangamugayo, bukaba icyizere mu bo buyoboye ndetse abantu bakaba babwishingikirizaho.

Yagaragaje kandi ko ashimira iyi banki kuko abakozi n’ubuyobozi bwayo burangwa nabyo, abihamirisha kuba harateguwe uyu munsi aho yavuze ko “Nta yindi banki irantumira mu gitaramo cyo gushima nk’iki, ubu icyizere nari mbafitiye cyiyongereye.”

BPR Bank Rwanda Plc ni imwe muri banki z’ubukombe mu Rwanda, aho ibarura abakiliya barenga ibihumbi 500 n’amashami 154 hirya no hino mu Rwanda. Mu 2022 yungutse, miliyari 32 Frw mbere yo kwishyura imisoro, aho urwo rwunguko rwazamuse ku gipimo cya 88% ugereranyije n’umwaka wa 2021.

Ni ibirori byabimburiwe n'isengesho
Nk'uko ibi birori byabimburiwe n'isengesho, ni naryo ryabihumuje
Benshi mu bitabiriye ibi birori bashimiye uko iyi banki igera ku baturage, banagaragaza ahakwiye kongerwa imbaraga
Abari bitabiriye ibi birori, ni abantu batandukanye, ariko bose bafite aho bahurira na BPR Bank Rwanda Plc
Abari muri ibi birori basusurukijwe n'itsinda ry'abaramyi
Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc, Patience Mutesi, yavuze ko kuba iyi banki ikiriho kandi ikora neza, babikesha abakiliya bayo
Pst. Twagirayesu Patrick, wari uhagarariye abakiliya bose b’iyi banki, yagaragaje ko yanyuzwe n’igitekerezo cyo kubahuriza hamwe ngo bashime Imana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .