00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Adidas ishobora kugurisha Reebok itarayihiriye

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 17 February 2021 saa 10:41
Yasuwe :

Uruganda rwa Adidas rushobora kugurisha sosiyete yarushibutseho ya Reebok nyuma y’imyaka 15 iyiguze ishaka guhangana na na Nike ariko ntibigende uko yabyifuzaga.

Reebok izwiho gukora inkweto n’imyambaro, ikaba ishami rya Adidas yamamaye ku isi.

Reuters yatangaje ko Reebok ifite agaciro ka miliyari y’amadorali, mu gihe iyi sosiyete yari yayiguze miliyari eshatu n’ibihumbi 800 by’amadorali mu 2006.

Ikigiye gutuma Adidas igurisha Reebok ni ukuba itarayungukiye uko yabyifuzaga. Adidas yo mu Budage isanzwe izwiho gukora imyambaro n’inkweto bya siporo yatangaje ko guhera muri Werurwe aribwo Reebok izatangira gukora yigenga.

Umuyobozi wa Adidas Kasper Rorsted, yavuze ko izi sosiyete zombi zigomba gutangira kwigenga buri imwe.

Adidas imaze iminsi ifite isoko ryihariye muri Amerika ndetse isa nk’irusha Nike bisanzwe bihanganye. Yigaruriye isoko bitewe n’ubufatanye ifitanye n’ibyamamare nka Kanye West, Beyonce ndetse na Pharrell Williams.

Ibyo Reebok igurisha byagabanutseho 7% mu gihembwe cya kane cy’umwaka wa 2020 ndetse no mu yindi myaka yatambutse Adidas yagiye igira igihombo muri Reebok.

Amahitamo Adidas ifite ubu ni ukugira Reebok sosiyete yigenga itayishimikiyeho, kugurisha imigabane yayo kandi imikorere yayo ikongera kuvugururwa, kuba yayigurisha ku yindi sosiyete ikora ibijyanye na siporo cyangwa kuba yayiha VF Corporation.

Mu myaka 15 Reebok imaze iguzwe na Adidas, ntabwo yungutse nkuko byifuzwaga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .