00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

’BuySell or Rent’ yagejeje muri Diaspora uburyo bworoshye bwo kugura imitungo mu Rwanda

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 4 February 2024 saa 05:26
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’isoko ’BuySell or Rent’ bwatangaje ko rimaze kugera ku Banyarwanda benshi baba mu gihugu aho basigaye bagura inzu, ibibanza, imodoka n’izindi serivisi zibonekaho bidasabye kunyura ku wundi muntu ubaca amafaranga adakenewe, ndetse bwereka ababa mu mahanga ko ari amahirwe aborohereza kugura imitungo mu gihugu cyababyaye.

Isi ya none iyobowe n’ikoranabuhanga, ndetse hari n’abavuga ko mu bihe biri imbere bizaba bigoye kugira icyo ugeraho utarikoresheje.

Umuyobozi Mukuru akaba n’uwashinze isoko ’BuySell or Rent’, Emmanuel Niyigena yabwiye IGIHE batangiye urugendo rwo guhuza abaguzi, abakodesha n’abagurisha hatabayeho umuntu wo kubajya hagati, ibituma igikorwa cyihuta kandi kigahenduka.

Ati “Ni isoko rihuza abagura, abagurisha n’abakodesha by’umwihariko inzu n’ibibanza, imodoka n’ibigo by’ubucuruzi byose biri mu Rwanda ariko ntabwo ari byo gusa, kuko umuntu ushobora kubona icyo yifuza cyose ahoy aba ari hose ku Isi atavuye aho ari.”

Yavuze ko mu kujya gutangiza iri soko na we yari amaze imyaka 15 aba mu mahanga ariko nyuma yo kwitabira Rwanda Day zitandukanye, abona hari ikibazo cy’isoko rishobora guhuza abantu haba muri Afurika no mu Rwanda.

Ati “Nyuma yo kurebera ku yandi masoko ku mugabane w’i Burayi tukabona ko ahuza abantu, umuntu akabona ikintu ashaka, umuntu akabona tagisi atavuye aho ari, biba ngombwa ko natwe tubona ko hari icyuho muri Afurika ariko by’umwihariko kubera ko igiye kurisha ihera ku rugo, tubona ko ibyiza ari ukubitangirira iwacu, tubitangirira mu Rwanda.”

“Turi mu isi y’ikoranabuhanga aho abantu bakeneye serivisi yaba ari iy’anantu ku giti cyabo. Biroroha rero kuko ni isoko rya mbere riri ku rwego mpuzamahanga ritangiriye mu Rwanda, rihuza ugura n’ugurisha nta kiguzi ugura yishyuye na kimwe, akabona amakuru ku buntu bitamusabye ko aza mu Rwanda ngo aje kugura ikibanza, ngo aje kugura inzu.”

Niyigena yavuze ko kwitabira Rwanda Day 2024 bifasha kwereka abanyarwanda baba mu mahanga iri soko ribafasha kugura ibyo bashaka batagombye kuva aho bari cyangwa ngo bagire undi batuma.

Ati “Bituma rero ibintu bica mu mucyo, uri mu Rwanda akivuganira n’uri hanze nta wundi muntu biciyeho, amakuru y’ibigurishwa biri mu Rwanda biba biri mu Kinyarwanda no mu cyongereza, ikindi ni uko bituma habaho ubuhahirane.”

Uyu muyobozi avuga ko umuntu anyuze kuri iri soko ashobora kubona inzu 300 agahitamo iyo ashaka cyangwa ibibanza birenga 200 agahitamo icyo ashaka.

Iri soko risurwa n’abantu bari hagati y’ibihumbi 30 na 50 ku munsi, ndetse mu Rwanda ryamaze gushinga imizi, ariko ku baba hanze bo haracyari gushyirwamo imbaraga.

Ati “Ni isoko ririmo kwaguka kuko kuri ubu twatangiye ubundi buryo bwo gukorana nk’aho dukorana n’ibigo by’itumanaho hakoherezwa ubutumwa, ni isoko ubu turimo turafata indi ntera mu kugira ngo imenyekane buri muntu uwo ari we wese akamenya ko ashobora kugura ibintu nta kintu atanze.”

Urubuga rwa BuySell or Rent rufite n'igice cyagenewe kugurishirizaho ibibanza
Ibinyabiziga biri mu byo BuySell or Rent igurisha
Iyo umuntu anyuze kuri uru rubuga ashobora kwihahira ibikoresho by'ikoranabuhanga birimo na telefone
Mu bakozi 60 BuySell or Rent ikoresha uyu munsi irateganya kongeraho abandi 100
Uru rubuga rukorera mu Mujyi wa Kigali mu nyubako ya MIC ariko rukagira n'abaruhagarariye hirya no hino mu gihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .