00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amateka yihariye y’uburame bw’u Rwanda atajya akunda kuvugwa (Video)

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 18 April 2024 saa 02:28
Yasuwe :

Benshi mu batazi amateka y’u Rwanda barufata nk’igihugu gito cyavutse ejo mu gitondo ndetse bakanatekereza ko ibihugu by’ibihangage uyu munsi birurusha uburame nyamara sibyo.

U Rwanda ruza mu bihugu bya mbere byaramye imyaka myinshi nyuma y’u Buyapani bufite uburame kuva mu mwaka wa 206 bukageza mu 1949 nyuma yo gutsindwa mu ntambara ya kabiri y’Isi yose, byatumye imiterere y’ubutegetsi bw’icyo gihugu ihinduka.

Iyo babara uburame bw’u Rwanda bahera mu 1091 ubwo Gihanga yahangaga igihugu cy’i Gasabo bakagera muri 1961 kuko ari bwo ubutegetsi bwarwo bwavuye mu maboko y’abami bugashyirwa muri Repubulika.

Umusizi Nsazabera Jean de Dieu yagaragaje ko ikintu cyabuze kugira ngo u Rwanda rukomeze kurama ari uko imiterere y’inzego z’ubuyobozi zahindutse, hakavaho ingoma ya cyami hakaza Repubulika ariko nayo yarusenye kugeza mu 1994 ubwo hakorwaga Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kurikira ikiganiro umenye byinshi ku mwihariko w’u Rwanda rumaze imyaka amagana rwemye


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .