Byabaye kuri uyu wa 15 Kanama 2022, mu masaha ashyira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, mu murenge wa Rusebeya, akagari ka Remera mu mudugudu wa Shyembe.
Ubuyobozi bwemeje ko uyu musore nyuma yo gufatwa yemereye ubuyobozi bw’akagari ka Remera ko yayisambanyije.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Remera, Yadufashije Claudine yemeje aya makuru avuga ko uyu musore yiyemereye ko yasambanije intama agahita ashyikirizwa ubugenzacyaha.
Ati “Ku mugoroba umuturage yampamagaye ambwira ko yamufatiye mu cyuho arimo gusambanya intama ye nuko ngezeyo nsanga bamufashe nawe mubajije arabinyemerera ko yayifashe. Gusa avuga ko atazi icyabimuteye. Twabimenyesheje inzego tumwohereza kuri sitasiyo ya polisi ya Rusebeya’’.
Mu gitabo giteganya ibyaha n’ibihano mu Rwanda gusambanya itungo bihanishwa ingingo y’186 yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda.
Iyo uwabikoze abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri ariko kitageze ku mezi atandatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atatu (300.000 Rwandan francs) ariko atarenze ibihumbi magana atanu (500.000 Rwandan francs) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!