Ni mu gihe Umujyi wa Kigali ugaragaza ko mu kuvugurura igishushanyo mbonera cyawo hanatekerejwe ku gusiga ibyanya byo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima birimo n’inyamaswa.
Biteganyijwe ko ubutaka bungana na 45% by’ubuso bwa Kigali ari bwo bwagenewe kubakwaho na ho ahandi hasigaye hangana na 55% hagenewe ibikorwa by’ubuhinzi, amashyamba n’ahandi hantu hakomye.
Ku rundi ruhande ariko bamwe mu baturage by’umwihariko abaturiye amashyamba na za pariki, bavuga ko harimo inyamaswa zimwe na zimwe z’inkazi babona bagahita bazihunga cyangwa bagatekereza kuzica.
Minisitiri Amb. Dr Mujawamariya yabwiye RBA ko nubwo hari ibikomeje gukorwa na leta mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, ariko abaturage bakwiye kumenya ko bafite inshingano zo kwirinda kwica izo nyamanswa harimo n’iz’inkazi.
Ati “Uhuye n’inzoka, icyondi mu nzira cyambukiranya umuhanda […] ntabwo ikintu cya mbere ari ukucyica, dufite nimero ihamagarwa bakaza bagatabara umuntu cyangwa icyo kinyabuzima kindi, zifite akamaro gakomeye.”
Yakomeje agira ati “Hari gahunda kandi itomoye igihugu cyashyizeho nubwo imijyi ikura, hari ubusitani buzajya busigara no mu Mujyi rwa gati bwagenewe ibyo binyabuzima bindi. Ni yo mpamvu dusaba ngo n’ahandi hantu hose, twige kubana neza n’ibindi binyabuzima.”
Izindi ngamba zashyizweho hagamijwe kwita ku rusobe rw’ibinyabuzima, zirimo kubungabunga imisozi ifite ubuhaname bwo hejuru ndetse no gukura ibikorwa mu bishanga.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!