00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibintu bitanu byatumye Apple iba uruganda rukomeye ku Isi

Yanditswe na Iradukunda Regis
Kuya 29 July 2020 saa 03:43
Yasuwe :

Uruganda rwa Apple rwashinzwe mu mwaka wa 1976, rutangizwa n’umugabo witwa Steve Jobs afatanyije na Ron Wayne ndetse na Steve Wozniak, i Califonia muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.

Kuva uru ruganda rwatangizwa, rwakomeje gukuza izina uko bwije n’uko bukeye, kugeza ubwo kuri ubu rusigaye ari uruganda rukomeye ku Isi mu nganda zikora ibikoresho by’ikoranabuhanga.

Wakwibaza icyatumye rutumbagira kugera kuri uru rwego. Twabakusanyirije ibintu bitanu byatumye izina ry’uru rugamba rikomera.

Kuba Steve Jobs yarabanje gukuza izina rye ubwe

Uyu mugabo kuba yarashinze uruganda rukaba ubukombe ku Isi, byatumye izina rye rimenyekana mu bijyanye n’ikoranabuhanga.

Uruganda rwe yarugize nyambere kuko yumvaga ashaka kuzana impinduramatwara, ari bwo yakoraga ibikoresho byifashishwa mu kumva no kureba muzika byakunzwe cyane bya iPod na iPad.

Usibye n’ibi ariko izina ry’uyu mugabo ryari ryaramenyekanye na mbere hose mu kuyobora amafilime atandukanye.

Rimwe yigeze kwirukanwa mu ruganda yashinze kubera gushwana n’umwe mu bayobozi, agarurwa igitaraganya kuko bari bamaze kubona ko ntacyo bakora adahari.

Akihagera yahise atangiza ubukangurambaga yise “Think Different (Tekereza bitandukanye)” bwamamaje cyane ibikorwa bya Apple binagarura umwete w’abakozi.

Ubwo yapfaga mu 2011, uwari Perezida w’Amerika Barrack Obama yaravuze ati “Isi ibuze umuntu w’icyerekezo.”

Telefoni yitwa iPhone yazanye impinduramatwara

Ubwo uru ruganda rwamurikaga telefoni yiswe iPhone mu 2007 byaguye itumanaho mu buryo ntagereranywa kandi budashidikanywa.

Igisohoka, Apple yahise igurisha iPhones miliyoni 1.4, ibintu byatumye Nokia ndetse na Blackberry zari zihagaze neza zihita ziva mu nzira.

Ahangaha Apple yahise iza ku mwanya wa gatatu mu gukora telefoni zigezweho (smart phones) nziza nyuma ya Samsung yo muri Korea y’epfo ndetse na Huawei yo mu Bushinwa, ariko n’ubundi iPhones zari zigituma Apple ikomanga ku muryango wo gukomera.

Serivisi za Apple zayongereye ubudahemuka bw’abakiriya

Kuri iyi nginga wahita utekereza iTunes cyangwa Apple music, The App store, iCloud na Apple pay.

Izi ni zimwe muri serivisi zitangwa na apple ziyikururira abakiriya benshi kandi bagakomeza kuyigurira batayivaho.

Kubaka ibirango bikomeye no gutanga serivisi nziza, ni byo bituma abagana Apple biyemeza kuyibera indahemuka. Aho rero haryamye imbaraga nyinshi za Apple.

Gutumbagira mu iterambere k’u Bushinwa

U Bushinwa budahari, intsinzi ya Apple ntiyaba iri ku rwego iriho uyu munsi.

Iki gihugu cy’u Bushinwa gifite igicumbi cyagutse cy’inyungu y’uruganda rwa Apple, by’umwihariko mu gace kitwa Shenzhen mu Majyepfo y’u Bushinwa.

Kuva mu 2017, inyungu ya Apple ituruka mu Bushinwa igenda yikuba inshuro ebyiri buri mwaka.

Ikirango cya Apple uyu munsi

Urutonde rujya rukorwa n’urubuga Forbes rw’ibirango by’amasosiyete bifite agaciro gahanitse mu mafaranga, mu 2019 rwashyize ikirango cya Apple ku mwanya wa mbere n’agaciro k’amadolari miliyari 206.

Kuri ubu Apple ihagaze agaciro ka miliyari 1000 y’amadolari ya Amerika.

Ibikoresho bya Apple byatumye abakiriya bayo banywana na yo
Umutekano w'ibikoresho bya Apple ni kimwe mu bikurura benshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .