00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yoherejwe n’Imana ngo akure icyasha ku banya-Serbia – Amarangamutima ya Se wa Djokovic

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 24 February 2021 saa 12:12
Yasuwe :

Se wa Novak Djokovic ukina Tennis yavuze ko igihe kigeze ngo umuhungu we ahabwe icyubahiro akwiye kuko hari uburyo akomeje kugaragaza isura nziza ku gihugu cye.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Kurir cyo muri Serbia, Srdjan Djokovic yavuze ko nubwo umuhungu we ari nimero ya mbere ku Isi, ariko atubashywe muri Tennis kandi yaragaruriye isura nziza igihugu cye ku rwego mpuzamahanga.

Ati “Mu bihe bibi bikomeye ku baturage ba Serbia, yoherejwe n’Imana kugira ngo agaragaze ko turi abantu basanzwe kandi tutari abicanyi cyangwa abantu b’abagome.”

Kuva mu myaka yo mu 1800 kugeza mu 2016, Serbia yagiye ivugwamo ubwicanyi butandukanye burimo ubwahitanye abantu bari hagati y’ibihumbi 200 na 400 mu Ntambara ya Kabiri y’Isi yose n’abari hagati y’ibihumbi 80 na 100 nyuma yaho gato.

Srdjan Djokovic yongeyeho ko umuhungu we afite ubushobozi bwo kuzatambuka ku marushanwa 20 akomeye (Grand slam) amaze kwegukanwa na Roger Federer na Rafael Nadal.

Ati “Mu mwaka umwe n’igice imbere, azaba ari we uhagaze neza ku ntonde zose.”

Novak Djokovic aherutse kwegukana irushanwa rya Australian Open ku nshuro ya cyenda ubwo yatsindaga Daniil Medvedev ku Cyumweru. Byatumye ageza amarushanwa 18 (Grand slam) amaze kwegukana muri rusange, asigara arushwa abiri na Roger Federer na Rafael Nadal bamaze gutwara 20.

Srdjan Djokovic yavuze ko umuhungu we akwiye guhabwa icyubahiro bitewe n'uburyo agaragaza igihugu cye ku rwego mpuzamahanga
Ku wa 8 Werurwe, Novak Djokovic azuzuza ibyumweru 311 ari ku mwanya wa mbere ku Isi
Djokovic aheruka kwegukana Grand Slam ya 18 ubwo yegukanaga Australian Open
Novak Djokovic yatsinze Daniil Medvedev ku mukino wa nyuma muri Australian Open

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .