Ibi byabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki ya 24 Werurwe 2024, ubwo habaga isiganwa ngarukamwaka rya Esztergom-Nyerges Rally ribera mu nkengero z’Umujyi wa Budapest.
Iri siganwa ryazengurukaga ibilometero 60, ryahagaritswe ritarangiye kubera iyo mpamvu yo kubura ubuzima bw’abafana bane n’abandi umunani bakomeretse bikomeye.
Nyuma y’iyi mpanuka, Polisi yo muri iki gihugu yavuze ko itaramenya neza impamvu yateye imodoka kurenga umuhanda ariko yifashishije indege ndetse n’imbangukiragutabara mu kurokora ubuzima bwa bamwe.
Impanuka zikomeye kandi zihitana ubuzima bw’abantu muri uyu mukino zikomeje kwiyongera kuko muri iki gihugu nubundi haheruka kuba iyabaye muri Kanama 2023 igahitana abashoferi babiri bari bayitwaye bagonze igiti.
Muri Gashyantare 2024 kandi muri Nouvelle-Zélande habaye indi yahitanye abari abashoferi b’imodoka yamanutse ku mukingo ndetse igatinda kubona ubutabazi byatumye bitaba Imana.
Amasiganwa ya Rally akunze kubera hakurya y’umujyi mu kwirinda ko abantu bakwegera izi modoka cyane cyangwa ibindi bikorwa bigatuma ibera ahantu habi byoroshye gukora impanuka.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!