00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abaturutse ku Isi hose bakereye kwizihiza Asomusiyo i Kibeho (Amafoto)

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 14 August 2022 saa 08:37
Yasuwe :

Abantu babarirwa mu bihumbi baturuka imihanda yose biganjemo abakirisitu Gatolika bari kwerekeza i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru mu kwizihiza Umunsi Mukuru w’Ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya uzwi nka Asomusiyo.

Buri mwaka tariki ya 15 Kanama hizihizwa umunsi Mukuru ngarukamwaka w’Ijyanwa mu Ijuru rya Birira Mariya, aho abakirisitu Gatolika bakunze guhurira i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru bagafatanya gusenga bari ahabereye amabonekerwa ya Bikira Mariya.

Uyu munsi uzizihizwa ku wa Mbere, tariki ya 15 Kanama 2022, ariko ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru hatangiye igitaramo kiwubanziriza.

Iki gitaramo cyitabiriwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney; Intumwa ya Papa mu Rwanda, Musenyeri Arnaldo Sanchez Catalan; Musenyeri wa Diyoseze ya Gikongoro, Hakizimana Célestin; Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Murwanashyaka Emmanuel n’abandi.

Amakuru aturuka mu Karere ka Nyaruguru avuga ko abanyamahanga batangiye kuhagera ku wa Kane, tariki ya 11 Kanama 2022, kugira ngo bitegure neza uyu munsi.

Aba barimo abaturutse mu bihugu bitandukanye birimo ibyo muri Afurika, Amerika no ku Mugabane w’u Burayi na Aziya.

Aberekeza i Kibeho basigaye bagenda neza mu muhanda wa kaburimbo uherutse kubakwa muri aka gace kari mu tugendwa n’abakora ubukerarugendo bushingiye ku Iyobokamana.

Ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya ryemejwe na Papa Piyo XII ku italiki ya 1 Ugushyingo 1950. Muri Bibiliya, igice cy’Isezerano rya Kera n’Irishya ntaho bavuga ko yaba yarajyanywe mu Ijuru ariko ibindi bitabo bitagatifu bya Kiliziya Gatolika birabyemeza.

Uyu munsi usanzwe witabirwa n’Abakirisitu Gatolika barenga ibihumbi 50 baturuka imihanda yose.

Kiliziya Gatolika yemeje ko Bikira Mariya yabonekeye abakobwa batatu bigaga i Kibeho mu ishuri ryisumbuye kuva tariki 28 Ugushyingo 1981 no mu 1982 aho bagiye baganirizwa inshuro zirenze imwe na Bikira Mariya.

Abari kuhagera bari no kujya kuvoma amazi y’isoko ya Bikira Mariya, iri mu kabande ka Kibeho hagati y’imisozi ibiri.

Hari hashize imyaka ibiri Asomusiyo itizihizwa neza kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Yagiye guhazwa aca bugufi mu kubaha Imana
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Murwanashyaka Emmanuel ahazwa
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, ari guhazwa na Musenyeri Hakizimana ku mugoroba wo ku Cyumweru
Uyu munsi mukuru ugiye kwizihizwa mu byishimo kuko mu myaka ibiri ishize utizihijwe neza
Iki gitaramo cyitabiriwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney; Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Murwanashyaka Emmanuel n’abandi
Igitaramo kibanziriza Asomusiyo cyatangiye
Abashyitsi batandukanye bakomeje kwakirwa i Kibeho
Biteguye kwizihiza uyu munsi udasanzwe ku bakirisitu ba Kiliziya Gatolika
Batangiye igitaramo kibanziriza Asomusiyo
Abashyitsi bitabiriye kwizihiza Asomusiyo bakomeje kugera i Kibeho
Abashyitsi batandukanye bakomeje kwakirwa i Kibeho
Abanyamahanga batangiye kugera i Kibeho ku wa Kane kugira ngo bitegure Umunsi Mukuru wa Asomusiyo
Bemeza ko aya mazi y'umugisha abavura indwara akirukana n'amashitani
Amazi y'umugisha bayavoma ku isoko iri hagati y'imisozi mu Mudugudu wa Sinayi mu Kagari ka Kibeho
Abageze i Kibeho bagiye no kuvoma amazi y'umugisha ku Isoko ya Bikira Mariya
Abacuruza ibimenyetso nyobokamana birimo amashapure n'imidali bari kwakira abakiliya
Zimwe mu modoka zazanye abanyamahanga berekeje i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .