00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igitaramo cyo kumurika Album "Mumparire" cya Jack B cyitabiriwe cyane

Yanditswe na

Dean Irak

Kuya 2 March 2014 saa 12:07
Yasuwe :

Musanze iragenda irushaho kuba umujyi w’ibirori mu Rwanda; kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Werurwe, mu kabari kari mu Mujyi wa Musanze Harmonic hakubise haruzura ubwo umuhanzi Jack B yamurikaga Album ye ya kabiri yise "Mumparire".
Ibi birori byatangiye ahagana saa tatu z’ijoro (9pm) bigasozwa ahagana saa munani z’ijoro (2am) byari byahuruje abahanzi b’ibyamamare bakunzwe mu Rwanda barimo Riderman, Bull Dogg, Active, Dany Nanone, Diplomate, M Izzo, Fireman, Edouce, Social Mula, TBB n’abandi. (...)

Musanze iragenda irushaho kuba umujyi w’ibirori mu Rwanda; kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Werurwe, mu kabari kari mu Mujyi wa Musanze Harmonic hakubise haruzura ubwo umuhanzi Jack B yamurikaga Album ye ya kabiri yise "Mumparire".

Jack B yamuritse Album ye ya kabiri mu gitaramo cyitabiriwe cyane

Ibi birori byatangiye ahagana saa tatu z’ijoro (9pm) bigasozwa ahagana saa munani z’ijoro (2am) byari byahuruje abahanzi b’ibyamamare bakunzwe mu Rwanda barimo Riderman, Bull Dogg, Active, Dany Nanone, Diplomate, M Izzo, Fireman, Edouce, Social Mula, TBB n’abandi.

Aba bahanzi bagiye bashimisha abari bitabiriye ibirori kuva ku wa mbere kugeza ku wa nyuma, aho babyinanaga nabo indirimbo zabo kakahava. Uko basimburanwaga ku rubyiniro niko amatsiko yarushagaho kuba menshi ku bakunzi ba Jack B bari bategereje gupfundurirwa agaseke k’indirimbo zigize Album yitwa "Mumparire".

Muri iki gitaramo, umuhanzi Jack B yaririmbye zimwe mu ndiririmbo ze zamenyekanye cyane zigize iyi Album harimo Mumparire, Ibara Ryera, Nanjye Sinjye, Leo Leo, Nta Kibazo, Byanze, Bimubwire, Nemeye Icyaha n’izindi.

Jack B yanatanze CD iriho izi ndirimbo ku bafana be, anavuga ko abifuza kuzigura bashobora kuzibona ku giciro gito.

Aganira na IGIHE, Jack B avuga ko yanejejwe cyane n’uko iki gitaramo cye cyitabiriwe.

Yagize ati "Byandenze nishimye cyane; icya mbere nishimiye uko abantu bitabiriye ari benshi kuko sinari nzi ko mfite abafana bangana kuriya. Icya kabiri nishimiye ni ukuba abahanzi hafi ya bose niyambaje bitabiriye, icya gatatu ni uko nabashije gushyira hanze Album yanjye nk’uko nari nabiteganyije."

Nk’ikintu kidasanzwe cyabaye muri iki gitaramo, ni uko Jack B yavunikiyemo mu mpine y’ukuguru, gusa we avuga ko yumva bidakanganye n’ubwo akigera i Kigali yahise anyarukira kwa muganga.

Yagize ati "Navunitse abafana banteruye nuko ndadandabirana ndagwa ariko biri kugenda byoroha ndakomeza gufata imiti nivuze ndebe ko nakira."

Umwe mu bari bitabiriye ibi birori yabwiye IGIHE ko kimwe mu byatumye iki gitaramo cyitabirwa cyane ari uko cyateguwe kare kikamamazwa kandi kikabera ahantu hasanzwe hazwi muri uyu Mujyi; ahantu hagiye habera byinshi mu bitaramo bikomeye byo kumurika Album.

Iyi weekend Jack B amuritsemo Album ni nayo Dream Boyz nabo bamuritsemo Album yabo ya kane bise "Data Ni Nde", muri uyu mujyi wa Musanze nyine.

Amwe mu mafoto y’uko igitaramo cyari cyifashe:

Abantu bari baje ari benshi muri iki gitaramo
Edouce uherutse guhamagarwa mu bahanzi 15 bazitabira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star Iv nawe yariirmbye muri iki gitaramo abafana be baranyurwa
Fireman, umuhungu wa Muzika, ari kumwe na bagenzi be bo mu itsinda rya Tuff Gang bashimishije abakunzi babo ivumbi riratumuka
Jack B yatangarije IGIHE ko yatunguwe n'uburyo yasanze afite abakunzi be benshi
Jack B yateruwe n'abafana be bimuviramo kuvunikira muri iki gitaramo_ gusa aratangaza ko yizeye ko aza kugenda yoroherwa gahoro gahoro

Amafoto: Seleman N. / Inyarwanda


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .