00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Isanamitima mbarankuru, uburyo bushya bwo komora ibikomere no kwiheba

Yanditswe na Balinda Yvette
Kuya 10 August 2022 saa 09:11
Yasuwe :

Agahinda gakabije, kwiheba n’ibindi bikomere bituruka ku mpamvu zitandukanye, ni bimwe mu bibazo byugarije sosiyete kandi bifite ingaruka zikomeye zirimo no kwiyambura ubuzima.

Hari ubwo uzahura n’umuntu wiyanze, wumva ko ubuzima ntacyo bukimaze, utabona agaciro k’ibyo akora ndetse n’ako kubaho. Ibi byose ni ibibazo bikomeye ariko bidakunda guhabwa agaciro.

Mu nama mpuzamahanga ku buryo bw’isanamitima rikoreshejwe kubara inkuru iri kubera mu Rwanda, hagaragajwe ko bushobora kuba igisubizo kuri biriya bibazo.

Iyi nama ifite intego yo kwigira hamwe uburyo abantu bakimakaza umuco wo gukira ibikomere bakoresheje isanamitima mbarankuru. Yitabiriwe n’inzobere mu isanamitima mbarankuru zaturutse mu bihugu 30 bitandukanye ku Isi yose, ndetse na bamwe mu bamaze gufashwa n’ubu buryo bw’isanamitima.

Gukiza ibikomere hakoreshejwe kubara inkuru bukaba ni uburyo bwifashishwa mu isanamitima abantu bavuga inkuru zabo, bakaganira ibibazo bahura na byo cyangwa se ibyababayeho mu bihe byashize ariko ntibibande kubibazo gusa ahubwo bakavuga no kubibafasha kubaho mu buzima bwabo bwa buri munsi bityo ntibaheranwe n’agahinda.

Ubu buryo bukaba butandukanye n’ubwari busanzwe bukoreshwa mu isanamitima kuko bwo butibanda ku bibazo umuntu afite gusa ahubwo hanitabwa ku mbaraga ze ari zo zishingirwaho mu kwita k’ubuzima bwe bwo mu mutwe.

Inzobere mu by’ubuzima bwo mu mutwe akaba n’umwarimu muri kaminuza y’u Rwanda, Prof Sezibera Vincent, asobanura ko isanamitima mbarankuru ari uburyo umuntu aganira ubuzima bwe, uko abona ikibazo cye akaba ari ho umufasha yubakira.

Prof Sezibera yakomeje kandi avuga ko muri ubu buryo hifashishwa ibyo uri gufashwa amenyereye mu buryo bwo kumubaza uko amerewe.

Ati “Aha rero hagakoreshwa n’ ibyo umuntu amenyereye, aho kubaza umuntu ngo mbwira uko umerewe”.

Yatanze urugero rw’umutaka, aho wabaza ufite ikibazo imitaka imurinda yaba ku zuba, mu mvura y’amahindu. Ibi bituma yumva ko mu buzima hari ibimufasha bimeze nk’umutaka.

Ati “Ni uburyo rero turi kwifashisha tugira ngo tunabwigishe abakora umurimo w’ isanamitima”

Ubushakashatsi bwakozwe mu Rwanda bwagaragaje ko 20% by’Abanyarwanda bafite ibibazo by’ ubuzima bwo mu mutwe.

Umubare munini muri aba bafite indwara y’agahinda gakabije benshi muri bo biterwa n’ingaruka za Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Martha Mukagihana umwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi utuye mu mudugudu w’Imena, yavuze uburyo gahunda ya Leta yo kubatuza mu mudugudu yatumye bomorana ibikomere babinyujije mu kuganira

Ati: Kera twirirwaga mu nzu ukirirwa wibaza ibyabaye kera ariko ubu dufite icyumba tujyamo tukaganira tukibagirwa ibibazo byacu, duhura buri gihe ku wa kabiri ni yo wahajya warembye utaha umeze neza kuko tuganira ibyacu tukanabyina tugakora n’ibikorwa byo kwiteza imbere nko guhinga ibihumyo no gukora imitako mu masaro”.

Kugeza ubu mu Rwanda abagera kuri 60 bamaze gusoza amahugurwa mu gukora isanamitima mbarankuru.

Iyi nama yitabiriwe n'abaturutse mu bihugu 30 bitandukanye
Iyi nama yitabiriwe n'ababyeyi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bafashijwe n'iri sanamitima
Prof. Sezibera yavuze ko isanamitima mbarankuru ari uburyo bushya bufasha abafite ibikomere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .