00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Lukashenko wa Belarus yasabye Wagner guha imyitozo ingabo z’igihugu cye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 1 July 2023 saa 11:39
Yasuwe :

Perezida wa Belarus, Aleksandr Lukashenko, yasabye abarwanyi b’abacanshuro bo mu mutwe wa Wagner, kwinjira mu gihugu cye bagakoresha imyitozo ingabo zacyo.

Lukashenko yatumiye aba barwanyi mu mbwirwaruhame yavuze kuri uyu wa Gatanu ku munsi w’Ubwigenge bwa Belarus.

Yagize ati “Ku bw’amahirwe make ntibari hano [abacanshuro ba Wgner], iyaba abarimu babo, nk’uko nabisabye, bari baje bakatwigisha amayeri y’urugamba, twabyemera.”

Lukashenko yavuze ibi nyuma y’icyumweru kimwe agize uruhare mu gutuma abarwanyi bwa Wagner badahungabanya igisirikare cy’u Burusiya nk’uko inkuru ya CNN ibivuga.

Mu bikorwa byahungabanyije ubutegetsi bwa Putin harimo icy’umuyobozi w’abacanshuro ba Wagner, Yevgeny Prigozhin wigometse ku buyobozi bwa Putin ashaka gukuraho bamwe mu bayobozi b’ingabo.

Perezida wa Belarus yumvishije Prigozhin ko akwiriye guhagarika ibyo arimo.

Kuir uyu wa Gatanu, Lukashenko yavuze ko nta bwoba yari afitiye abacanshuro ba Wagner kuko yari amaze igihe kirekire abazi.

Ati “Bariya ni abantu barwanye hirya no hino ku isi. U Burayi na Amerika barabanga by’intangarugero.”

Yashinje Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika guha intwaro Pologne mu buryo bwihuse no kuyihindura ikibuga cy’imyitozo ya gisirikare izakoreshwa mu kurwanya Belarus n’u Burusiya.

Ku bwe ni indi mivurungano n’ibirindiro bishya birimo kuremwa bigizwemo uruhare n’igihugu gikomeye cyamenyereye ubushotoranyi-ari cyo Leta Zunze Ubumwe za Amerika.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .