00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida wa Belarus yasabye abacanshuro ba Wagner kumufasha gutoza igisirikare

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 2 July 2023 saa 08:48
Yasuwe :

Perezida wa Belarus, Aleksandr Lukashenko yahamagariye abacanshuro b’Abarusiya bazwi nka Wagner kuza kumufasha gutoza igisirikare, nyuma y’iminsi umwuka utari mwiza hagati y’abo bacanshuro na Leta y’u Burusiya.

Lukashenko ni umwe mu nshuti za Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin ndetse mu cyumweru gishize ni we wagize uruhare mu kumvikanisha Putin n’Umuyobozi Mukuru wa Wagner, Yevgeny Prigozhin wari wigumuye ku butegetsi.

Bivugwa ko Prigozhin yemerewe ubuhungiro muri Belarus ariko ntabwo biramenyekana niba yaramaze kugerayo.

Kuri uyu wa Gatanu mu ijambo yageneye umunsi w’ubwigenge, Perezida Lukashenko yavuze ko byakabaye byiza abasirikare bagize Wagner batoje ingabo ze.

Ati “Kubw’amahirwe make, abo barwanyi ntabwo bari hano. Biramutse bishobotse ko abatoza babo baza hano nkuko nabibasabye, badufasha kwihugura mu bijyanye n’imirwano.”

Wagner ni umutwe w’abacanshuro washingiwe mu Burusiya mu 2014 bigizwemo uruhare na Yevgeny Prigozhin, nyuma yo guhabwa uburenganzira na Perezida Putin.

Uyu mutwe wafashije cyane ingabo z’u Burusiya mu ntambara zirimo muri Ukraine, nubwo ubuyobozi bwawo bwakunze kwinubira ko budafatwa neza n’abashinzwe igisirikare cy’u Burusiya, ari nabyo byabateye kwigumura mu minsi ishize.

Lukashenko yavuze ko ashaka ko ingabo ze zitozwa na Wagner

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .