00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Perezida Ndayishimiye yahakanye ibyo kuragwa ubutegetsi na Nkurunziza

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 1 July 2023 saa 07:15
Yasuwe :

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yahakanye ko ubutegetsi yaburazwe na Pierre Nkurunziza Pierre, ahubwo ko ngo abaturage ari bo bamushyizeho bityo ari na bo bazafata ikindi cyemezo.

Perezida Ndayishimiye yahamije ko yagiye ku butegetsi binyuze mu mahitamo y’abaturage, bitandukanye n’uko benshi bavuga ko yaburazwe na Pierre Nkurunziza yasimbuye.

Yagize ati “Bisobanuye iki kuba umuzungura wa Pierre Nkurunziza? Habayeho igihe cye, uyu munsi ni njyewe, nta bindi.”

Ikinyamakuru Burundidaily cyanditse ko Perezida Ndayishimiye yavuze aya magambo kuwa 17 Kamena 2023, umunsi wagenewe kwibuka Pierre Nkurunziza, agerageza kwitandukanya n’uwo yasimbuye ku butegetsi wanamutoje.

Hari abavuga ko Ndayishimiye yafashe umurongo we nyuma kuko ngo akijya ku butegetsi byagaragaye ko yashakaga gukomereza kuri politiki ya Nkurunziza.

Mu ijambo rya mbere Perezida Ndayishimiye yavuze ajya ku butegetsi yagize ati “Pierre Nkurunziza tuzahora tumwibuka nk’umuntu w’ingirakamaro, uhagarara ku ijambo, waharaniye ubwiyunge, waharaniye amahoro mu Burundi no ku Isi. Yadusigiye u Burundi bwigenga. Icyubahiro u Burundi bumugomba tuzakimuha amanywa n’ijoro.”

Imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu igaragaza ko hari ibyahindutse mu mitegekere y’u Burundi ariko ko iby’ingenzi bitarakosoka, birimo akarengane no kubangamira abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Burundi Perezida Ndayishimiye yahakanye ibyo kuragwa ubutegetsi na Nkurunziza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .