00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sudani: Ibikorwa by’ubuhuza byatumye imirwano hagati y’ingabo za Leta na RSF ihagarara

Yanditswe na Charles Nyandwi
Kuya 1 July 2023 saa 10:59
Yasuwe :

Guverineri w’Intara ya Darfur, Nimir Abdel Rahman, yatangaje ko ubuhuza bwabereye muri uwo mujyi bwatumye imirwano ihagarara ku buryo serivisi z’ibanze zongeye gutangwa.

Nimir Abdel Rahman yatangarije BBC ko "ubu impande zose ziyemeje guhagarika imirwano kandi imirwano."

Yavuze ko itsinda ryabahuza n’inararibonye ku bufatanye na guverinoma, batangiye gusubizaho ibikorwa by’ibanze zirimo iz’ubuzima, amazi n’amashanyarazi. Kugeza ubu ngo amasoko rusange arafunguye ariko arinzwe n’ingabo zihuriweho n’impande zombi.

Amasezerano hagati y’itsinda ry’abahuza n’impande zihanganye agena ko ibikorwa by’ubutabazi bigomba gucungirwa umutekano. Icyakora Guverineri yavuze ko atizeye neza ko ingabo zizakomeza kubahiriza ayo masezerano.

Imirwano hagati y’umutwe wa RSF n’Igisirikare cya Sudani yatangiye muri Mata uyu mwaka kubera gutinda gusubiza ubuyobozi abasivili nyuma y’imyaka ine hahiritswe ubutegetsi bwa Omar al-Bashir.

Iyi ntambara yakomotse ku kutumvikana ku masezerano yagombaga gusinywa kuwa 1 Mata 2023 agamije kuvanga ingabo za Leta na RSF, bakanemeranya ku muntu ugomba kuziyobora.

Umutwe wa RSF ugizwe n’abahoze ari Aba-Janjaweed, washinzwe muri 2013 n’uwahoze ari Perezida wa Sudani, Omar Al Bashir, waje guhirikwa ku butegetsi mu 2019. Guverinoma y’inzibacyuho yari yiganjemo abasivili nayo yakuweho n’abasilikare ba Leta bafatanyije na RSF mu 2021.

Intambara muri Sudani yakuye benshi mu byabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .