00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyeshuri basaga miliyoni 3,3 mu mashuri abanza n’ayisumbuye ntibakoresha internet

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 20 June 2023 saa 07:23
Yasuwe :

Ikoranabuhanga ni kimwe mu byitezweho kuzana impinduka mu burezi mu Rwanda bizanatuma abanyeshuri bashobora kobona ubumenyi bubafasha guhatana mu kinyejana cya 21.

Politiki y’ikoranabuhanga mu burezi iteganya ko abanyeshuri bagomba kuba bashobora kwishakira ibisubizo by’ibibazo bibugarije bijyanye n’igihe bagezemo.

Inkingi ya 64 ya Gahunda y’Igihugu y’Imyaka irindwi igamije kwihutisha Iterambere (NST1: 2017-2024) igena ko u Rwanda rugomba kongera imbaraga mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu myigire n’imyigishirize, binyuze mu kwagura ‘Smart Classrooms’ no gukwirakwiza mu mashuri ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga.

Iyi gahunda yaje ikurikiye iya mudasobwa imwe kuri buri mwana mu mashuri abanza n’isomero rifite mudasobwa mu mashuri yisumbuye.

Minisiteri y’Uburezi igaragaza ko mu mashuri 3532 yigamo abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari hagati y’imyaka itandatu na 17 barenga ibihumbi 289 bashobora gukoresha internet buri munsi, mu gihe abarenga 3.281.016 batabona internet umunsi ku wundi mu masomo yabo.

Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Politiki y’Uburezi n’Isesengura muri Minisiteri y’Uburezi, Rose Baguma, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Umwana w’Umunyafurika ku wa 16 Kamena 2023, yatangaje ko umubare w’abana bari mu mashuri bagerwaho n’ikoranabuhanga ukiri muto ariko hari gukoreshwa imbaraga nyinshi ngo abanyeshuri bose bagerweho n’ikoranabuhanga.

Yagize ati “Iyo urebye ibigo by’amashuri dufite n’afite umuyoboro wa internet, turi gukora ibishoboka byose ngo buri kigo cy’amashuri kigire ‘Smart Classroom’. Ubu mu mashuri arenga 3500 yigamo abanyeshuri benshi kuriya, abagera ku 218.984 ni bo bashobora gukoresha internet buri munsi kubera izo ‘smart classroom’.”

“Ni umubare muto ariko tugendeye ku muvuduko uri gukoreshwa mu kugeza mudasobwa ku mashuri, no kuba turi kugenda tugeza internet mu bigo by’amashuri, hari icyizere ko imibare izajya igenda izagenda yiyongera.”

Minisiteri y’Uburezi ibarura abanyeshuri barenga miliyoni 3,5 bari mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari hagati y’imyaka itandatu na 17.

Kugeza ubu hari amashuri 6256 arimo aya Leta n’ayigenga. Afite internet muri yo ni 66% mu mashuri abanza, naho mu yisumbuye ni 80%.

Baguma yavuze ko kugira ngo abanyeshuri bamenye gukoresha mudasobwa neza no kubyaza umusaruro ikoranabuhanga hakenewe kubanza guhugura abarimu kuri iri koranabuhanga kugira ngo bazabone uko baryigisha.

Hari amasomo ashobora kwiyongeramo

Mu masomo y’ikoranabuhanga yigishwa mu mashuri abanza n’ayisumbuye basanzwe biga gukoresha mudasobwa na internet muri rusange.

Baguma yavuze ko mu nteganyanyigisho y’aya masomo bateganya kuzongeramo n’isomo ryo kurinda umutekano w’umwana mu ikoranabuhanga, rikazigishwa mu byiciro byose.

Ati "Ni byo twigisha gukoresha mudasobwa [ICT] turakora byinshi ariko hakenewe mu nteganyanyigisho isomo ryigisha kurinda umutekano w’umwana mu ikoranabuhanga mu byiciro byose kugira ngo babigireho ubumenyi hakiri kare.”

Yavuze ko abana batangira guhura n’ibikoresho by’ikoranabuhanga bakiri bato ku buryo no mashuri y’incuke iyi gahunda yagezwayo.

Mineduc itangaza ko iteganya gushyiraho amarushanwa y’ikoranabuhanga yibanda ku kurinda umutekano w’abana mu ikoranabuhanga kugira ngo bagaragaze ko ibyo biga babyumva ariko binafashe ababyeyi gukangukira kumva neza ko abanyeshuri bakeneye kurindwa ibishyirwa ku mbuga zitandukanye bishobora kubangiza.

Abanyeshuri bakoresha internet buri munsi baracyari bake mu mashuri yo mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .