00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mugisha Moïse na Ingabire Diane begukanye Umunsi wa Mbere wa "Nyaruguru Liberation Day Race" (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 2 July 2023 saa 07:26
Yasuwe :

Mugisha Moïse ukinira Benediction Club mu Bagabo na Ingabire Diane wa Canyon/SRAM Generation mu Bagore, begukanye Umunsi wa Mbere w’Isiganwa ry’Amagare ryitiriwe Umunsi wo Kwibohora ryakiniwe mu Majyepfo rigasorezwa i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru kuri iki Cyumweru, tariki ya 2 Nyakanga 2023.

’Nyaruguru Liberation Day Race’ iri gukinwa ku nshuro ya mbere, ntiyitabiriwe n’Ikipe ya Java-Inovotec, byatumye akazi k’abakinnyi ba Benediction Club koroha kuko bayoboye isiganwa bakiva i Muhanga.

Uwiduhaye yayoboye wenyine bageze ku Ntenyo, afatwa na Masengesho Vainqueur mbere yo kwinjira i Nyanza aho Mugisha Moïse wari wabafashe, ari we wegukanye igihembo cyatangiwe mu gitambika cyaho.

Mugisha yakomeje kugenda imbere ari kumwe na bagenzi be batatu barimo na Manizabayo Eric, kugeza ubwo yageraga i Kibeho ku Ngoro ya Bikira Mariya yakoresheje amasaha abiri, iminota 30 n’amasegonda abiri ku ntera y’ibilometero 116, asiga Tuyizere Étienne amasegonda abiri mu gihe Masengesho yabaye uwa gatatu yasizwe umunota n’amasegonda 53.

Manizabayo Eric yasoreje ku mwanya wa kane yasizwe iminota itatu n’amasegonda 25, mu gihe Byukusenge Patrick uheruka kwegukana Shampiyona y’Igihugu ya 2023, yabaye uwa gatandatu yasizwe iminota irindwi n’amasegonda 38.

Tuyizere Étienne, Masengesho Vainqueur na Ikundabayo Ruben wa Kayonza Young Stars ni bo bakinnyi batatu bitwaye neza mu cyiciro cy’Abatarengeje imyaka 23.

Mu Bagore bahagurukiye mu Ruhango ku ntera y’ibilometero 93, Ingabire Diane wa Canyon/SRAM Generation) yatsinze akoresheje amasaha ibiri, iminota 29 n’amasegonda 52, akurikirwa na Nzayisenga Valentine bakinana yamusize iminota itatu n’amasegonda 20 mu gihe Mwamikazi Djazila yabaye uwa gatatu yasizwe iminota itatu n’amasegonda 40.

Mu ngimbi na zo zakoze intera ireshya n’iya bashiki bazo, hatsinze Nshimiyimana Phocas wa Nyabihu Cycling Team akoresheje amasaha abiri, iminota 11 n’amasegonda 22, akurikirwa na Shyaka Janvier wa Les Amis Sportifs yasize amasegonda abiri mu gihe Tuyizere Hashim na we wa Les Amis Sportifs, yabaye uwa gatatu yasizwe amasegonda 47.

Abakinnyi ba Bugesera Cycling Team bigabanyije imyanya itatu ibanza mu Bangavu; Uwera Aline aba uwa mbere akoresheje amasaha abiri, iminota 18 n’amasegonda 40 ku ntera y’ibilometero 83 byatangiye kubarwa i Gatagara. Yakurikiwe na Umutoni Sandrine na Byukusenge Mariate uheruka kwegukana Shampiyona y’Igihugu.

Umunsi wa Kabiri wa "Nyaruguru Liberation Day Race" uzakinirwa i Nyaruguru ku wa Mbere tariki ya 3 Nyakanga, ariko abakinnyi banyure muri Huye mbere yo gusoreza ku Ngoro ya Bikira Mariya i Kibeho. Iyi nzira izakoreshwa, izaba ingana n’ibilometero 97.

Ingabire Diane yishimira intsinzi y'Umunsi wa Mbere wa "Nyaruguru Liberation Day Race"
Mugisha Moïse yatanze abandi i Kibeho nk'uko yabikoze no mu 2022 hakinwa "Kibeho Race"
Abakinnyi batatu ba mbere mu bangavu
Abakinnyi batatu ba mbere mu cyiciro cy'ingimbi
Ingabire, Nzayisenga na Mwamikazi basoje imbere y'abandi mu bagore
Abitwaye neza mu batarengeje imyaka 23
Umuyobozi w'Akarere ka Nyaruguru, Murwanashyaka Emmanuel na Murenzi Abdallah uyobora FERWACY, bahemba abakinnyi batatu bitwaye neza mu bagabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .