00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Byari ibicika mu gitaramo cyahuje Muyango, Inyamibwa na Gakondo Iganze (Amafoto)

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 1 July 2023 saa 08:53
Yasuwe :

Abakunzi b’umuziki n’inganzo gakondo baturutse hirya no hino, bahuriye muri Camp Kigali mu gitaramo ‘Gakondo Connect’, cyahuriyemo abarimo umuhanzi Muyango, Itorero Inyamibwa rya AERG, Gakondo Iganze na Munganyinka Alouette.

Nyuma y’umutagara w’ingoma utangiza iki gitaramo, umuhanzi Kalinijabo Ignace yageze ku rubyiniro atangira kwinjiza abakunzi b’umuziki gakondo mu gitaramo cyari kiyobowe na Murenzi Emmalito afatanyije na Ikinyange Alice Masinzu.

Uyu muhanzi yasimbuwe n’Itorero Inyamibwa rya AERG ryamaze iminota isaga 50. Abakobwa bagize iri torero banyuze abitabiriye iki gitaramo binyuze mu ndirimbo zirimo "Rusanda n’izayo"; “Dufite Abeza”, “Iwacu” n’izindi.

Abahungu bagize Itorero Inyamibwa bahamirije babyina Urusengo, Ikinimba bita Indarire n’Ikinyemera bita Nyamunini.

Bakurikiwe na Munganyinka Alouette yanzika mu ndirimbo zirimo iza Cécile Kayirebwa nka ‘Rwanda’, ageze ku ‘Umunezero’ abantu bahagukira hejuru batarama na we kugeza asoje.

Gakondo Iganze bateguye iki gitaramo bageze ku rubyiniro bakirizwa amashyi n’impundu baririmba bagira bati "Gakondo yacu Iganze igere hose ".

Ubwo bari bageze kuri “Ihorere Munyana” abayumvise bahagurikiye rimwe bakoma amashyi ari na ko bagerageza kwigana imbyino zimwe na zimwe bajyana n’abataramyi.

Muyango wari utegerejwe cyane yinjiye ku rubyiniro yanzika aririmba indirimbo yise "Mwiriwe neza” akomereza kuri “Sabizeze” n’izindi.

Ubwo Muyango yari agiye kuva ku rubyiniro bamusabye ko ahaguma akabongeza indirimbo ebyiri abaririmbira iyo yise "Karame Uwangabiye".

Massamba yatunguranye asoza iki gitaramo

Nubwo amasaha yari yakuze Murenzi Emmalito wari iyoboye iki gitaramo kwihangana byamwanze mu nda ahamagara Massamba Intore ku rubyiniro amusaba gusuhuza abitabiriye.

Massamba wanejejwe no kubona abana bato batarama yafashe umwanya aririmba indirimbo zirimo "Inkotanyi Cyane","Dushengurukanye Isheja", “Sisi Wenyewe” asoza mu ndirimbo zirimo “Intsinzi” ya Mariya Yohana.

Massamba Intore na Muyango basabye ko ibitaramo nk’ibi bikomeza kuba ari byinshi kuko ari imwe mu nzira zafasha mu gukomeza gushyigikira umuco n’umuziki gakondo.

Umuyobozi w'itorero Inkindi n'Amariza Carine Karambizi yari yaje gushyigikira abataramyi bagenzi be
Umuhanzi Kalinijabo niwe wabimburiye abandi baririmbyi muri iki gitaramo
Muyango banze ko ava ku rubyiniro bamusaba kubongeza indirimbo
MC Murenzi Emmalito yamanutse ku rubyiniro afatanya n'abandi bacinya akadiho
Massamba yishimiye kubona uburyo abana bato kuri we biziwe n'umuziki gakondo
Massamba Intore yishimiye kubona abakiri bato batarama baziwe n’inganzo gakondo
Massamba Intore yatunguranye muri iki gitaramo
Kwifata ntibiba byoroshye iyo wahuye n’abataramyi b’umuziki w'aho ukomoka
Itorero Inyamibwa ryanyuranye umucyo muri iki gitaramo
Itorero Gakondo Iganze (Indashyikirwa) bakoze iyo bwabaga batanga ibyishimo ku bitabiriye iki gitaramo
Inyamibwa zataramye biratinda
Inyamibwa zanyuranye umucyo mu gitaramo Gakondo Connect
Iki gitaramo cyateguwe na Iganze Events
Iki gitaramo cyateguwe na Iganze Events
Iki gitaramo cyari kiyobowe na Murenzi Emmalito
Igitaramo Gakondo Connect cyitabiriwe n’ingeri zitandukanye
Igitaramo nk'iki cya gakondo gitangizwa Umutagara w'Ingoma winjiza abitabiriye mu mujyo wo gutarama
Ibitaramo by’umuziki gakondo bisigaye bifite abakunzi benshi
Gakondo Iganze (Indashyikirwa) bishimiwe bikomeye muri iki gitaramo bise Gakondo Connect
Buri wese aho yari yicaye yasanganirwaga n'ibineza neza bigize umudiho gakondo
Byageze aho buri wese asiga intebe asanganira abandi bacinya akadiho
Alouette Munganyinka yakumbuje abataramyi Cecile Kayirebwa binyuze mu ndirimbo ze yaririmbye
Buri wese winjiye muri iki gitaramo yahagurutse mu byicaro bye acyumva umurishyo w'ingoma uvuze
Alice Masinzu yanyuzagamo agafatanya n'abandi gucinya akadiho
Alice Masinzu ni umwe mu bari bayoboye iki gitaramo
Abasore bagize Itorero Inyamibwa bahamirije babyina Urusengo
Abataramyi bageze ku rubyiniro bakomewe amashyi n’impundu
Abakunzi b’umuziki iyo bumvise indirimbo ibanyuze bahagurikira rimwe bagakoma amashyi ari nako bagerageza kwigana imbyino zimwe na zimwe bajyana n'abataramyi
Abakobwa bagize Itorero Inyamibwa baririmbye indirimbo zirimo “Dufite Abeza”
Abakunzi b’umuziki iyo bumvise indirimbo ibanyuze bahagurikira rimwe bagakoma amashyi ari nako bagerageza kwigana imbyino zimwe na zimwe bajyana n'abataramyi
Abakobwa bagize Itorero Inyamibwa bishimirwa na benshi iyo bigeze mu bitaramo nk'ibi

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .