00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kivu Fest yazamuye ubuzima i Rubavu, abanya-Rubavu bongera kumwenyura (Amafoto na Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 2 July 2023 saa 12:25
Yasuwe :

Uwavuga ko iserukiramuco rya Kivu Fest ryatumye ubuzima buhenda mu Mujyi wa Rubavu, ntiyaba ari kure y’ukuri nubwo nanone ryatumye abahatuye bongera kumwenyura nyuma y’igihe bagwiriwe n’ibiza.

Ni Iserukiramuco riri kubera mu Karere ka Rubavu kuva ku wa 1-2 Nyakanga 2023, aho aba DJs bakomeye ndetse n’abahanzi b’amazina akomeye bari gususurutsa abakunzi b’umuziki bari bakoraniye ku mucanga w’Ikiyaga cya Kivu.

Kuva kuwa Kane w’iki cyumweru, iyo wamahamagaraga inshuti isanzwe ituye cyangwa ikorera mu Karere ka Rubavu inyikirizo yari “Ubwo nawe ugiye kumbaza aho urara!”

Amacumbi, amahoteli ndetse n’inzu zakira ba mukerarugendo n’abashyitsi mu Karere ka Rubavu zari zakubise zuzuye, hatitawe ko benshi ibiciro bari babihanitse hafi gukuba kabiri ibisanzwe.

Aha ndakoresha urugero rw’iyitwa Kivu Beach Garden ubusanzwe ifite ibyumba ku biciro bitandukanye, gusa ubwo nahafataga icyumba nifashishije ikoranabuhanga banyerekaga ko kiri kugura ibihumbi 32Frw.

Naje gutungurwa n’umwe mu bakozi bayo wampamagaye ambwira ko babonye ko mfashe icyumba nkoresheje ikoranabuhanga ariko icyumba nsabye kiri kugura amadorali 50 (arenga ibihumbi 50Frw).

Si aha gusa, ahitwa Saga Bay ni akabari kari mu tugezweho gusa si kenshi kukinjiramo bisaba kwishyura. Abahasohokeye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 1 Nyakanga 2023 basabwaga kwishyura ibihumbi 10Frw mu gihe serivise batanga nta cyari cyahindutse.

Icyakora nubwo bishyuje aya mafaranga ku muryango, ntabwo byabujije abatari bake kuhasohokera cyane ko abarenga 300 bari bahakoraniye.

Ubwo nabaraga iz’ahandi ntarinjira mu Iserukiramuco nyiri zina aho, kwinjira byari ibihumbi 10Frw mu myanya isanzwe, ibihumbi 25Frw mu myanya isanzwe n’ibihumbi 40Frw ku bashaka kwitabira iminsi ibiri.

Ku ikubitiro abahanzi Kenny Sol na Chris Eazy nibo babimburiye abandi muri iki gitaramo, basusurutsa abarenga igihumbi bari bakoraniye ku mucanga w’ikiyaga cya Kivu biyumvira umuziki n’akayaga kava mu mazi.

Ni igihe cy’akanyamuneza kuri benshi basohokeye i Rubavu, bikaba inyungu ku bakunzi b’umuziki bo muri aka Karere begerejwe igitaramo gikomeye kibazanira abahanzi b’amazina akomeye.

Aba bahanzi babimburiye Kivumbi na Diamond Blaq bategerejwe mu gitaramo kiba ku wa 2 Nyakanga 2023.

Skol yari yateguye bikomeye
Ku mucanga ahagombaga kubera ibirori bya Kivu Fest hari hateguwe bikomeye
Ku mucanga inkweto si ikintu witaho cyane
Abantu batangiye binjira urusorongo ariko baza kugwira
Ni igitaramo kitabiriwe n'abiganjemo urubyiruko
Umugoroba ugeze benshi batangiye kwinyakura berekeza ahabereye Kivu Fest
Ba mucoma nabo bari biteguye kumara inzaara abitabiriye iki gitaramo
Ubundi aha igitaramo cyari gitangiye bya nyabyo, umuziki utangiye gucekwa
Nta wagiriye icyaka muri Kivu Fest kuko Skol yari yamanuye ibinyobwa byose yenga
Iyo watanze abandi ku mucanga DJ akaguha indirimbo wifuza ukurikizaho kwigaragaza mu mudiho
Umuziki wabyinywe bya nyabyo
Uko amasaha yisunikaga niko abahanga bo kurya ikirori bigaragazaga
Si Abanyarwanda gusa, n'abanyamahanga bari babukereye
Kivu Fest ni kimwe mu bitaramo bimaze kubaka izina ku buryo bikurura na bamukerarugendo
Abantu bari batangiye kugwira
N'abanyamahanga banyuzwe
Aba DJs batandukanye batanze ibyishimo ku bitabiriye iri Serukiramuco
Wari umwanya mwiza wo gusabana
Chris Eazy ni we wabanje ku rubyiniro
Chris Eazy yageze aho yegera abafana be
Ni ubwa mbere Chris Eazy yari aririmbye muri Kivu Fest
Chris Eazy yari yitwaje ababyinnyi
Mu ndirimbo ze Inana, Amashu, Ese urabizi n'izindi nyinshi, Chris Eazy yanyuze abakunzi be
Nyuma ya Chris Eazy hakurikiyeho Kenny Sol
Byari ibyishimo kuri Kenny Sol wataramiraga abakunzi be b'i Rubavu
Benshi bashakaga gucyura amashusho y'urwibutso
Umunsi wa mbere wa Kivu Fest washimishije abawitabiriye
Ibysihimo byari byose
Abafana batashye batanyuzwe bahigira kwimara ipfa ku munsi wa kabiri w'iri serukiramuco
Abafana bari benshi mu gitaramo cy'umunsi wa mbere wa Kivu Fest
Kenny Sol ni we wasoje igitaramo cy'umunsi wa mbere wa Kivu Fest

Amafoto: Nezerwa Salomon

Video: Bizimana Confiance


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .