00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cogebanque yasoje ubukangurambaga bwa #Tugendane bwahembwemo abasaga 200 (Amafoto)

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 5 April 2023 saa 05:05
Yasuwe :

Banki Nyarwanda y’Ubucuruzi Cogebanque yasoje ubukangurambaga bwiswe ‘Tugendane’ bwari bugamije gushishikariza abakiliya n’aba-agents bayo kubitsa, kuzigama no gukoresha ikoranabuhanga mu gutanga no kugera kuri serivisi z’imari.

Ubu bukangurambaga bw’amezi atatu bwatangijwe muri Gashyantare, bwasojwe ku wa 4 Mata 2023. Bwahembewemo abasaga 200 barimo abakiliya n’aba-agents ba Cogebanque bagaragaje umwihariko mu gukoresha ikoranabuhanga.

Ibihembo byatanzwe birimo moto, amagare ya siporo, ibikoresho byo mu rugo nka frigo, televiziyo zigezweho, mudasobwa, amafaranga n’ibindi.

Ubwo hasozwaga ubu bukangurambaga, Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Cogebanque, Iyamuremye Antoine, yavuze ko bwatanze umusaruro wari witezwe.

Yagize ati “Twabonye imibare y’ubwitabire izamuka nubwo tukiri kuyegeranya cyane ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga nk’amarita na Mobile Banking. Ugereranyije n’umwaka ushize twabonye ko gukoresha ikoranabuhanga byiyongereye.”

Yagaragaje ko nubwo ubukangurambaga bumaze amezi abiri gusa serivisi zitangwa na banki zigikomeje, asaba abakiliya gukomeza gukorana na yo no kwibanda ku gukoresha ikoranabuhanga.

Umuyobozi w’Umusigire ushinzwe Ubucuruzi muri Cogebanque, Songa Rwamugire, yagaragaje ko ubu bukangurambaga bwashyizweho mu rwego rwo kwegera no guha agaciro abakiliya.

Ati “Tuzi ko abakiliya bacu bakenera serivisi nziza, zitekanye kandi zigerwaho byoroshye. Twizera ko rero uburyo bw’ikoranabuhanga dufite buzafasha kubigeraho. Twemeza ko abakiliya bacu bagera ku buryo bushoboka bwose bwo kubona serivisi za banki kandi ubu bukangurambaga bwabidufashijemo.’’

Cogebanque yizera ko ari inshingano zayo korohereza abakiliya kubona uburyo bwose butuma bahererekanya amafaranga hatitawe ku ho baherereye.

Umuyobozi Ushinzwe Ikoranabuhanga muri Cogebanque, Rukokora Flory, yagaragaje ko ikoranabuhanga ryashyiriweho gufasha abakiliya.

Ati “Serivisi z’ikoranabuhanga zigomba kunozwa ndetse tuzakomeza guharanira kubigeraho ku nyungu z’abatugana.’’

  Imbamutima z’abahembwe na Cogebanque muri Tugendane

Abahembwe mu bukangurambaga bwiswe #Tugendane bagaragaje ko bishimiye kuzirikanwa na banki kandi bizabafasha kurushaho gukoresha ikoranabuhanga muri serivisi za banki.

Umuhoza Rosemary Ines watsindiye moto yavuze ko guhembwa na Cogebanque byamweretse ko imutekerezaho.

Ati “Byabaye nko gutungurwa. Bampamagaye hafi y’itariki ya mbere Mata nagize ngo ni ukubeshya. Naje kubaza umuntu wo muri cogebanque arabinsobanurira nsanga koko ari byo. Moto natsindiye igiye kumfasha kuko nshobora kuyishyira mu muhanda ikanyunganira mu kazi kanjye ka buri munsi.”

Iranzi Bihungu wahembwe ibihumbi 500 Frw yagaragaje ko gukoresha ikoranabuhanga byahinduye ubuzima muri iki gihe mu bijyanye n’ihererekanya ry’amafaranga.

Ati “Ni ingenzi kubyitaho ndetse buri wese akwiye kwitabira gukoresha ikoranabuhanga kuko ni ho Isi yerekeza.’’

Umurerwa Ruth wo mu Karere ka Rubavu na we wahembwe mudasobwa yavuze ko iki ari igikorwa cy’ingenzi kandi gitera imbaraga abakiliya.
Ati “Cogebanque tumaranye igihe kitari gito, ngiramo konti y’Amadorali n’iy’Amanyarwanda. Icyo navuga ni uko nishimye cyane nanashimira Imana. Simfite uburyo nabivugamo ariko iki ni igikorwa kigaragaza ko Imana iba yakwibutse igakoresha abakozi ba Cogebanque.”

Abahawe ibihembo bashishikarije Abaturarwanda kurushaho gukoresha serivisi za Cogebanque.

Ku ruhande rw’aba-agents, Muyishimiyimana Florence, wahembwe mudasobwa yashimangiye ko igiye kumufasha mu kazi ke ka buri munsi no kumworohereza mu kwiyegereza abagana Cogebanque.

Ati “Hari icyo bigiye kumfasha kuko nari mfite imashini ebyiri gusa. Nabonaga zidahagije kubera ubwinshi bw’abakiliya bangana, na yo ngiye kuyishyiramo rero tuyikoreshe.”

Uretse abakiliya bahembwe kuri iyi nshuro ariko hanashimiwe n’abakozi ba Cogebanque bakoresheje serivisi zayo muri iki gihe cy’ubukangurambaga.

Cogebanque kuva yatangira gukorera mu Rwanda imaze kuhagira amashami 28 ayifasha kugeza serivisi ku bayigana. Ifite ATM 36, aba-agents barenga 650 bafasha abayigana gufunguza konti, kubitsa no kubikuza.

Inatanga izindi serivisi zirimo izifashisha ikoranabuhanga binyuze muri Internet Banking, Mobile Banking, SchoolGEAR Ikarita ya Smart cash ndetse n’amakarita ya MasterCard (Debit, Credit na Prepaid) yifashishwa mu kwishyura no kubikuza ahantu harenga miliyoni 36 ku Isi yose.

Umuhoza Rosemary Ines watsindiye moto yavuze ko izamufasha mu buzima bwe bwa buri munsi
Umurerwa Ruth wo mu Karere ka Rubavu yashimye bikomeye ibihembo yahawe
Ubwo Mushimiyimana yashyikirizwaga mudasobwa yatsindiye
Iranzi Bihungu wahembwe ibihumbi 500 Frw yavuze ko iki ari igikorwa cyiza cyereka abakiliya ko banki ibazirikana
Yahembwe televiziyo kubera uko yakoresheje serivisi za Cogebanque yifashishije ikoranabuhanga
Ubukangurambaga bwa #Tugendane bwa Cogebanque bwahembwemo abasaga 200 barimo abakiliya n'aba-agents
Hari n'abahawe 'tablets' zigezweho mu kubashimira uko bakoresha ikoranabuhanga mu gushaka serivisi z'imari
Mu bihembo byatanzwe mu bukangurambaga bwa #Tugendane harimo n'amafaranga
Mu bihembo byatanzwe harimo na televiziyo za rutura
Ibihembo byatanzwe birimo na moto
Uretse abakiliya n'aba-agents, hashimiwe n'abakozi ba Cogebanque bakoresheje neza serivisi za banki
Umuhoza wegukanye moto yavuze ko yatunguwe cyane ariko yanabyungukiyemo kuko igiye kumufasha mu buzima bwe bwa buri munsi
Mushimiyimana yavuze ko igihembo yahawe kigiye kumufasha mu kazi ke
Iranzi yagaragaje ko gukoresha ikoranabuhanga ari byo byamuhaye amahirwe yo kuba mu bahembwe
Abakiliya ba Cogebanque bashimye uko bahabwa agaciro kugera no ku kugenerwa ibihembo

Amafoto: Munyakuri Prince


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .