00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cogebanque yatangiye guhemba abakiliya n’aba-agents muri poromosiyo ‘Tugendane na Cogebanque 2023’

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 22 March 2023 saa 10:58
Yasuwe :

Cogebanque, yahembye abakiliya n’aba-agents bahize abandi gukoresha serivisi zayo by’umwihariko mu ikoranabuhanga, binyuze muri gahunda yiswe ‘Tugendane na Cogebanque 2023.

Ubu ni ubukangurambaga bwatangijwe n’iyi banki mu ntangiriro za Gashyantare 2023, bugamije gushishikariza abakiliya bayo kubitsa, kuzigama no kurushaho gukoresha serivisi z’ikoranabuhanga.

Ubu bukangurambaga bwashyizwemo imbaraga mu kwegera abaturarwanda mu gihe cy’isiganwa ry’amagare aho banki ari umuterankunga w’imena wa “Tour du Rwanda 2023”.

Cogebanque yasobanuriraga abitabiriye ibyiza byabafasha abayigana kugera ku kubungu buhamye mu gukoresha serivisi z’imari.

Kuri uyu wa Kabiri ku wa 21 Werurwe 2023, Cogebanque yahembye aba-agents barindwi n’abakiliya batandatu. Bahawe ibihembo bitandukanye birimo televiziyo, mudasobwa, telefoni zigezweho, frigo n’igihembo nyamukuru cya moto.

Mushimire Joselyne umaze imyaka irindwi akorana na Cogebanque ni we wahawe igihembo nyamukuru cya moto nshya.

Yavuze ko asanzwe akoresha ikoranabuhanga rya Coge mBank kandi ko anejejwe n’iki gihembo.

Ati “Ibi ni ibintu bishimishije, nsanzwe nkoresha porogaramu ya Cogebanque “Coge mBank” cyane. Iyi moto ngiye kuyibyaza umusaruro mu kuba nayigendaho ngiye nko mu kazi cyangwa kuba yanyinjiriza amafaranga.”

Ibi abihuje n’umu-agent wo mu Karere ka Gatsibo, Sebukwangari Ngirabatware, wahembwe televiziyo.

Ati “Ndabashimiye cyane kuko numvaga amakuru nkoresheje radiyo ntayareba kuri televiziyo, ndabashimiye kuba mwaradutekerejeho. Ubu ngiye kongera imbaraga mu mikorere.”

Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Cogebanque, Iyamuremye Antoine, yavuze ko iki gikorwa kigamije gushimira ababaye indashyikirwa ndetse babashishikariza gukomeza gukoresha serivisi z’iyi banki.

Ati “Turashishikariza abantu gukomeza kugana Cogebanque yaba amashami yayo n’aba-agents by’umwuhariko no gukoresha ikoranabuhanga, tuzongera dutange ibihembo muri uku kwezi kwa gatatu.”

Cogebanque kuva yatangira gukorera mu Rwanda imaze kuhagira amashami 28 ayifasha kugeza serivisi ku bayigana. Ifite ATM 36, aba-agents barenga 650 bafasha abayigana gufunguza konti, kubitsa no kubikuza.

Inatanga izindi serivisi zirimo izifashisha ikoranabuhanga binyuze muri Internet Banking, Mobile Banking, SchoolGEAR Ikarita ya Smart cash ndetse n’amakarita ya MasterCard (Debit, Credit na Prepaid) yifashishwa mu kwishyura no kubikuza ahantu harenga miliyoni 36 ku Isi yose.

Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Cogebanque, Iyamuremye Antoine, yavuze ko iki gikorwa kigamije gushimira ababaye indashyikirwa ndetse bashishikiriza abakiliya babo gukomeza gukoresha serivisi z’iyi banki
Sebukwangari Ngirabatware yahembwe televiziyo
Abahembwe biyemeje gukomeza gukoresha serivisi za Cogebanque
Mushimire yanyuzwe na moto yahawe
Mushimire Joselyne wegukanye moto yavuze ko abikesha kuba akoresha ikoranabuhanga cyane
Bamwe mu ba-agents bahawe ibihembo
Abakozi ba Cogebanque bashyikirije abatsinze ibihembo byabo

Amafoto: Habyarimana Raoul


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .