00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Gatabazi yatashye uruganda rw’inzoga rwatwaye arenga miliyari eshanu

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 10 September 2021 saa 11:53
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yatashye uruganda rukora inzoga rwa Ingufu Ltd ruherereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, rwuzuze rutwaye arenga miliyari 5 Frw.

Kuri uyu wa Kane ya 9 Nzeri 2021, nibwo Minisitiri Gatabazi, yatashye ku mugaragaro uru ruganda rwenga inzoga za liqueurs.

Gatabazi yavuze ko uru ruganda ari kimwe mu bisubizo byo gukemura ikibazo cy’abajyaga banywa inzoga zitujuje ubuziranenge, zikabagiraho ingaruka.

Ati “ Ni byiza kubera ko ni mu rwego rwo gufasha abanyarwanda kubona ibinyobwa bikoze neza bifite ubuziranenge bidashobra kwangiza imbiri yabo, hakabaho no kwinjiza amafaranga duhereye ku yarugiyeho arwubaka n’ahabwa abakozi barukoramo no ku ruhande rw’imisoro rwinjiza .”

Yaboneyeho gusaba abayobozi kujya bagenzura niba ibyo abaturage banywa biba byanyuze mu nganda zemewe kugira ngo hirindwe ingaruka ziterwa no kunywa inzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge.

Habimana Faustin unywa inzoga za Ingufu Ltd, yabwiye IGIHE ko inzoga urwo ruganda rwenga ari nziza ndetse zagabanyije umubare w’abantu banywaga izitujuje ubuziranenge.

Ati “ Kuva Ngufu zaza ubona ko abantu byibuze batagikunda kunywa inzagwa kubera ko ziba zihendutse. Nkanjye rwose mbere ninyweraga akagwa n’utundi tuyoga tuva muri Uganda ariko kuva Ngufu yaza nahise nzivaho.”

Umuyobozi w’Uruganda rwa Ingifu Gin Ltd, Ntihanabayo Samuel, na we yashimangiye ko urwo ruganda rufitiye akamaro abaturage ndetse na Leta.

Ati “Rufite akamaro kanini kuko nk’ubu twahaye akazi abantu benshi batuye hano dukorera kandi buri mwaka turasora mu kigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro.”

Nyuma y’aho uru ruganda rwa Ingufu rutanshywe ku mugaragaro, benshi bemeza ko rushobora kuba igisubizo ku baturage bahoraga banywa inzoga zitujuje ubuzirange zikabagiraho ingaruka bitwaje ko zihendutse .

Aha Minisitiri Gatabazi yasobanurirwaga imikorere y'uruganda Ingufu Gin Ltd
Gatabazi yasobanuye ko uru ruganda barwitezeho kugabanya umubare w'abaturage banywaga inzoga z'inkorano ndetse no guha benshi akazi bakava mu bushomeri
Uru ruganda rukora inzoga zitandukanye zo mu bwoko bwa liqueurs
Umuhanzi Senderi ni we Ambasaderi w'Inzoga za Ingufu Gin Ltd
Bumwe mu bwoko bw'inzoga zengwa na Ingufu Gin Ltd

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .