Abahinzi n’abacuruzi b’abanyarwanda bari bamaze igihe bemerewe kohereza urusenda rubisi mu Bushinwa.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, Kimonyo James, yavuze ko aya masezerano ari amahirwe akomeye ku bahinzi b’urusenda b’u Rwanda.
Kimonyo yashimiye umubano ukomeye ukomeje kugaragara hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa mu nzego zose by’umwihariko ubucuruzi n’ishoramari.
On 11 March, Rwanda signed the protocol to export dried chili to China. During the signing Amb. James Kimonyo thanked the Gov of China for the excellent relations reflected in many areas including trade and investment. He added that this is a big win for Rwandan chili growers. pic.twitter.com/WYLmF5FUgg
— Rwanda Embassy | China (@RwandaInChina) March 11, 2021
Umuhinzi w’urusenda Twahirwa Diego aherutse kubwira Jeune Afrique ko kuva yatangira kohereza umusaruro we mu Bushinwa mu 2019, yasanze ari ryo soko ritekanye kandi rikura umunsi ku munsi.
Ati “Umubano mwiza hagati y’u Bushinwa n’u Rwanda watumye abahinzi nkanjye dukabya inzozi. Isoko ry’u Bushinwa ririhariye ugereranyije n’andi kubera ko ryakira ibicuruzwa by’ingeri nyinshi nta mananiza abayeho.”
Twahirwa yavuze ko iri soko ry’u Bushinwa ryamwaguriye umushinga, uva ku buso bwa hegitari esheshatu ugera ku hegitari 160. Ibyo yabigejejweho n’amasezerano ya miliyoni 10$ yasinyanye na Sosiyete y’Abashinwa, amwemerera kugemura toni 50.000 z’urusenda buri mwaka mu gihe cy’imyaka itanu.
Umwaka ushize hifashishijwe ikoranabuhanga, u Rwanda rwacuruje toni 60 z’urusenda ku isoko ry’u Bushinwa.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!