Abanyeshuri baherutse gusoza umwaka wabaye uw’ibizazane kubera icyorezo cya Covid-19 cyagiye gikoma mu nkokora gahunda y’uburezi aho byagezeho bisaba ko amashuri amara amezi umunani afunze.
Ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2021/2022, yatangajwe kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Kanama 2021 igaragaza ko umwaka w’amashuri uzatangira tariki ya 11 Ukwakira 2021, ukarangira tariki ya 15 Nyakanga 2022.
Muri iyo ngengabihe kandi igaragaza ko igihembwe cya mbere kizatangira ku wa 11 ukwakira kikasazozwa ku wa 24 Ukuboza 2021.
Minisiteri y’Uburezi yagaragaje ko igihembwe cya kabiri kizatangira ku wa 10 Mutarama gisozwe ku wa 31 Werurwe 2022, na ho icya gatatu gitangire ku wa 18 Mata gisozwe ku wa 15 Nyakanga 2022.
Muri iyo ngengabihe yashyizwe ahagaragara biteganyijwe ko ibizamini bya Leta bisoza icyiciro cy’amashuri abanza bizakorwa ku wa 18 Nyakanga kugeza ku wa 20 Nyakanga 2022.
Ku ruhande rw’abasoza icyiciro cy’amashuri yisumbuye n’ay’imyuga bo bazakora ibizamini ku wa 26 Nyakanga kugeza ku wa 5 Kanama 2022.
Ibi byabaye nk’igisubizo ku bana biga mu cyiciro kibanza cy’amashuri abanza bari kwiga igihembwe cya gatatu gisoza umwaka w’amashuri wa 2020/2021, kuko hari abashidikanyaga ku musaruro bashoboraga kuzatanga nyuma yo gusoza umwaka bagahita bakomerezaho undi.
AMAKURU MASHYA
Minisitiri y’Uburezi yatangaje Ingengabihe y’Amashuri Abanza, Ayisumbuye n’ay’Imyuga n’Ubumenyingiro y’Umwaka w’Amashuri 2021/2022. pic.twitter.com/JGlxA0KNWm
— IGIHE (@IGIHE) September 2, 2021
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!