00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubyiruko rw’Ishyaka PSP rwibukijwe ko nta gihugu cyatera imbere kigizwe n’abanywi b’ibiyobyabwenge

Yanditswe na Kwizera Joseph
Kuya 16 August 2022 saa 09:31
Yasuwe :

Ishyaka ry’Ubwisungane bugamije Iterambere (PSP) ryasabye urubyiruko kugendera kure ibiyobyabwenge kuko nta terambere igihugu cyageraho abaturage bacyo babinywa.

Byatangajwe ku wa Gatanu ubwo haganirizwaga urubyiruko rw’Ishyaka PSP mu mahugurwa yahuje abanyamuryango by’umwihariko urubyiruko.

Uru rubyiruko rwatemberejwe mu Ngoro y’Amateka yo Guhagarika Jenoside iri ku Kimihurura, rusobanurirwa amateka yo guhagarika Jenoside n’uburyo u Rwanda rwongeye kwiyubaka.

Umuyobozo w’Ishyaka PSP, Alphonse Nkubana, yavuze ko bateguye aya mahugurwa kuko hari urubyiruko rwinshi rutabaye mu mateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo, bityo ko ari byiza kuyamenya, rugasobanukirwa aho igihugu kigana.

Ati “Imyaka 28 irashize twibohoye, hari urubyiruko rwinshi rutazi ibyabaye, twagombaga rero kubereka no kubabwira amateka y’urugamba. Twabajyanye kureba uburyo urugamba rwatangiye, uko rwarwanywe n’abantu banganaga na bo, tubashishikariza gukunda igihugu no kucyitangira."

Bibukijwe ingaruka ziterwa no kunywa ibiyobyabwenge ndetse n’ikwirakwizwa ryabyo ku buzima bw’abaturage hamwe n’igihugu kandi babwirwa ko bafite uruhare mu kubikumira no kubirwanya.

Uwari ahagarariye Polisi mu rwego rushinzwe Politiki n’Uburere Mboneragihugu (Director of Political and Civic Education), SSP Claver Regis Kayiranga, yagize ati “Ikiyobyabwenge ni ikintu cyose kivanze cyangwa kitavanze n’ibindi bintu by’umwimerere cyangwa ibikorano bishobora guhindura imyumvire y’umuntu bigatuma uwabinyoye ayoborwa na byo."

Yakomeje avuga ko ikibabaje ari uko usanga ababinywa abenshi ari urubyiruko ruri munsi y’imyaka 35.

Ati “Ibyo byose babikora birengagije ingaruka ziva mu kunywa ibiyobyabwenge ku buzima bwabo ndetse n’igihugu harimo amakimbirane mu muryango, urugomo, umusaruro muke mu kazi n’ibindi batibagiwe no gufungwa. Birakwiye rero twese gufatanyiriza hamwe kubirwanya."

Umuyoboke w’Ishyaka PSP, Depite Kanyange Phoebe, yavuze ko kunywa ibiyobyabwenge ku rubyiruko bigira aho bihurira n’ihohoterwa ryo mu ngo.

Ati “Akenshi umwana wagiye mu biyobyabwenge usanga biva kuri wa muryango uhora mu bintu byo gutongana umwe ahohotera undi bakibagirwa kuganiriza abana no kubereka ikibi cy’inzoga n’ibiyobyabwenge.”

Buri tariki 12 Kanama Isi yose yizihiza Umunsi Mukuru Mpuzamahanga w’Urubyiruko. Mu Rwanda ku rwego rw’igihugu wizihirijwe mu Karere ka Ruhango.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti "Ubufatanye bw’abato n’abakuru mu kubaka u Rwanda twifuza".

Umuyobozi w’Ishyaka PSP, Alphonse Nkubana, yavuze ko bahisemo gushyigikira Perezida Kagame kuko 'imvugo ye ni yo ngiro'
Umuyoboke w'Ishyaka PSP, Depite Kanyange Phoebe, asanzwe abarizwa mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w'Abadepite
Uwaje ahagarariye Polisi mu rwego rushinzwe Politiki n'Uburere Mboneragihugu, SSP Claver Regis Kayiranga, yavuze ko abakunze kwishora mu biyobyabwenge ari urubyiruko
Ibi biganiro byitabiriwe n'abantu batandukanye
Basuye Ingoro y'urugamba rw'amateka yo guhagarika Jenoside ku Kimihurura
Uru rubyiruko rwiyemeje kuzana impinduka

Amafoto: Igirubuntu Darcy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .