00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko yarokoye impinja miliyoni 2,4 binyuze mu gutanga amaraso mu myaka 60

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 29 April 2023 saa 10:42
Yasuwe :

James Harrison ni umusaza w’imyaka 86 wo muri Australie, ufatwa nk’intwari ku bwo gutanga amaraso mu gihe cy’imyaka 60, ibyagize uruhare mu kurokora ubuzima bw’impinja zisaga miliyoni 2,4.

Raporo y’Ikigo cyo muri Australie gishinzwe serivisi yo gutanga amaraso, Australian Red Cross Blood Service, igaragaza ko uyu musaza afite amaraso arimo abasirikare barwanya indwara y’umutima yitwa Rheumatic heart disease (RHD), yugarije impinja ikanagira uruhare mu gupfa kwazo.

Harrison yagize ibibazo by’ubuzima byatumye abagwa agatuza afite imyaka 14, muri ubwo buvuzi hifashishwa amaraso menshi yahawe n’abantu batandukanye.

Amaze kubona ko ubuzima bwe burokowe no guhabwa amaraso, yahise afata icyemezo cy’uko acyuzuza imyaka 18 azatangira gutanga amaraso ubuzima bwe bwose kugira ngo agire abandi arokora.

Akimara gutanga amaraso ku nshuro nke za mbere mu 1954, nibwo byatahuwe ko amaraso ye adasanzwe ndetse afite ubushobozi buhanitse bwo guhangana na Rheumatic heart disease (RHD), ku bafite amaraso yo mu bwoko bwa ‘D’.

Icyo gihe abaganga batangaje ko hatazwi impamvu yatumye agira amaraso afite ubushobozi budasanzwe, ariko hacyekwa ko byagizwemo uruhare n’amaraso yahawe n’abantu batandukanye, ubwo yabagwaga afite imyaka 14.

Yatanze amaraso inshuro 1173 kugeza ku wa 11 Gicurasi 2018. Yarekeye aho kubera ko Australian Red Cross Blood Service itemera ko abageze mu zabukuru barengeje imyaka 81 batanga amaraso.

Mu bihe bitandukanye, James Harrison yagiye ahabwa imidali n’ibihembo by’ishimwe, kubera igikorwa cye cy’indashyikirwa cyo kurokora ubuzima bw’impinja nyinshi.

James Harrison yatanze amaraso arakora impinga zisaga miliyoni 2,4 mu myaka 60

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .