00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibihugu bya CEEAC byemeje inkunga yo guhangana n’ibibazo by’umutekano muke muri RDC

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 2 July 2023 saa 09:23
Yasuwe :

Mu nama yahuje ibihugu byo muri Afurika yo Hagati, CEEAC, hemejwe ko mu gukemura ibibazo by’umutekano muke biri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, ibihugu bya Sénégal, Gabon na Angola bigiye gutanga amafaranga azafasha mu kugarura umutekano muri ibyo bice.

Iyi nkunga yemerejwe muri iyi nama yasojwe ku wa 1 Nyakanga 2023, Televiziyo y’Igihugu ya Congo Kinshasa, RTNC, yavuze ko izunganira abasirikare ba EAC “bari kugarura umutekano mu Burasirazuba bw’igihugu bwazahajwe n’intambara.”

Iyi televiziyo yatangaje ko amafaranga azaba agize iyi nkunga yatangarijwe gusa abakuru b’ibihugu bari bitabiriye iyo nama.

Iyi nama yari ibaye ku nshuro yayo ya 23 yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu umunani muri 11 bigize uyu muryango ari byo u Rwanda, Angola, u Burundi, Cameroun, Repubulika ya Centrafrique, Chad, Congo- Brazzaville, RDC, Guinée Équatoriale, Gabon na Sao Tomé et Principe.

Abayitabiriye ni Perezida wa Gabon akaba n’Umuyobozi Mukuru wa CEEAC, Ali Bongo Ondimba, uwa Angola, Joao Manuel Lourenço n’uwa Repubulika ya Centrafrique, Faustin-Archange Touadera.

Yitabiriwe kandi na Perezida wa Guinée Équatoriale, Theodoro Obiang Nguema; uwa RDC, Félix Tshisekedi; uwa Chad, Mahamat Idriss Déby Itno; uwa Sao Tomé et Principe, Carlos Villa Nova n’uwa Congo-Brazzaville, Denis Sassou Nguesso mu gihe u Rwanda n’u Burundi byohereje abaminisitiri.

Perezida Ali Bongo Ondimba yagaragaje ko iyo nama yari igamije kurebera hamwe ibibazo by’umutekano muke byugarije ibihugu binyamuryango no kureba uburyo byakemurwa ibihugu byose bifatanyije.

Ati “Imirwano yo mu Burasirazuba bwa RDC na yo iri mu bibazo byari biri ku murongo w’ibyagombaga kwigirwa hamwe harebwa uko byakemurwa.”

Muri iyi nama Perezida wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe, AU, Moussa Faki Mahamat, yashimiye Perezida Lourenço wagize uruhare rufatika mu kunga ibihugu bikunze gushyamirana, by’umwihariko mu gushaka ibisubizo by’ibibazo byari hagati y’abanyamuryango ba CEEAC ari bo u Rwanda na RDC.

Ni inkunga iki gihugu kigiye guhabwa nyuma y’uko muri uku kwezi na none Chad nk’umunyamuryango wa CEEAC, iherutse kugurisha ubutegetsi bwa Kinshasa indege enye za MI-24 zo gukoresha mu guhangana n’Umutwe wa M23.

Izo ndege zaguzwe muri Tchad binyuze muri Agemira RDC, Ikigo kiyoborwa n’Umufaransa, Olivier Bazin, wamenyekanye nka ‘Colonel Mario’ aho kuva muri Gicurasi 2022 gikora mu gusana no kubungabunga indege za FARDC.

Ni nacyo cyaguriye RDC indege za Sukhoi Su-25 mu Gisirikare cya Chad ariko isesengura mu bya tekiniki ryerekanye ko izi ndege zifite ibibazo biturutse ku myaka zimaze kandi bishobora kubaho mu gihe ziri gukoreshwa.

Izo ndege zoherejwe i Kinshasa, mu minsi mike zikazagera i Goma zihasange izindi ebyiri za Sukhoi su-25 n’izindi ebyiri za Mi-24 zajyanywe ku Kibuga cya Gisirikare cya Kavumu.

Ibihugu bya CEEAC byemeje inkunga yo gufasha mu guhangana n’ibibazo by’umutekano muke mu Burasirasuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .