00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rotary Club Kigali Karisimbi yabonye abayobozi bashya (Amafoto)

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 2 July 2023 saa 07:45
Yasuwe :

Abayobozi bashya ba Rotary Club Kigali Karisimbi biyemeje gukorana imbaraga n’umurava bakinjiza abanyamuryango bashya nk’intego nyamukuru y’uyu muryango yo kurushaho kugira uruhare mu mibereho myiza y’abaturage muri rusange.

Ibi babigarutseho mu muhango wo kwimikwa nk’abayobozi bashya bagiye gukora manda y’abo muri Rotary Club Kigali Karisimbi na Rotaract Kigali Kalisimbi.

Ni umuhango wabereye muri Kigali Century Park Nyarutarama witabirwa n’abanyamuryango banyuranye ba Rotary muri rusange ndetse n’Umuyobozi wungirije Guverineri w’Akarere ka Rotary 9150 mu Rwanda, Suman Alla n’abandi.

Rotary Club Kigali Karisimbi ni ihuriro rishya muri Club za Rotary Club y’u Rwanda ariko rikomeje gukorana imbaraga mu bikorwa bitandukanye bibyarira abaturage inyungu kuko muri uyu mwaka yatowe nk’iyahize izindi mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga.

Kugeza ubu imaze kuba iya gatatu mu Rwanda ifite icyemezo cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere ndetse ikomeje no kugira uruhare rukomeye mu guhindura ubuzima bw’abaturage.

Uwari Umuyobozi wa Rotary Club Kigali Karisimbi, Anyanwu Kelechi Reginald, yagaragaje ko nubwo bakoze ibishoboka ariko zimwe mu mbogamizi zikomeye bahuye na zo ari ugushaka abanyamuryango bashya.

Ati “Ihurizo rya mbere ryari rikomeye nka club nshya kwari ukwemeza abantu kuba abanyamuryango ba Rotary Club, kubasobanurira imikorere yayo bakumva ko bashobora kugira uruhare. Uyu munsi niba ufite umushinga wenda nko muri Musanze ukabwira abantu ngo muze tujye gufasha abantu runaka bigusaba kugira ubushake no kudacika intege.”

Yagiriye inama bagenzi be bamusimbuye kurangwa n’umurava no gukomeza kwagura ibikorwa bya Rotary Club Kigali Karisimbi cyane ko intangiriro yamaze kuboneka.

Umuyobozi Mushya wa Rotary Club Kigali Karisimbi, Satish Kumar, yagaragaje ko yiteguye gukora ibishoboka byose mu kongera abanyamuryango cyane ko bakiri bake.

Yavuze ko kandi kuri manda ye agiye gutangiza umushinga ugamije gufasha abaturage bagikoresha ibicanwa birimo inkwi n’amakara kubona uburyo butangiza ibidukikije.

Ati “Turi kwibanda cyane ku muryango Nyarwanda kandi hari byinshi dushobora gufashamo. Mfite umushinga mu mutwe wanjye ujyanye no kubungabunga ibidukikije, tuzashyiraho uburyo bwo kugeza ku baturage uko bajya bacana badakoresheje inkwi n’amakara. Tukabaha Imbabura zikoresha amakara za kijyambere ariko zidasohora imyotsi.”

Yagaragaje ko nubwo ari umushinga bakinononsora bizafasha Sosiyete Nyarwanda mu kubungabunga ibidukikije.

Ku rundi ruhande Umuyobozi Mushya wa Rotaract Kigali Karisimbi, Karenzi Boris, yavuze ko nk’urubyiruko bagiye gushyiramo imbaraga mu gukomeza kumvisha bagenzi babo ibyiza bya Rotary no kugira uruhare mu guharanira impinduka mu mibereho y’urubyiruko.

Umuyobozi Wungirije Guverineri w’Akarere ka Rotary 9150 mu Rwanda, Suman Alla, yashimye umuhate waranze abayobozi bacyuye igihe, asaba abashya kubakorera mu ngata no kuzuza neza inshingano by’umwihariko izishyira imbere inyungu z’umuturage.

Rotary Club Kigali Karisimbi kuri ubu igizwe n’abanyamuryango 34. Kuri ubu hinjijwe abandi banyamuryango bane kandi intego ni ugukomeza kuyagura.

Kugeza ubu Rotary Club mu Rwanda igizwe na clubs zigera ku 10 zirimo Rotary Club Kigali Mont Jali, Musanze-Murera, Rotary Club Kalisimbi, Rotary Club Kigali Virunga, Rotary Club Kigali Doyen, Rotary Club Gasabo , Rotary Club Seniors, Rotary Club Kivu Lake na Rotary Club Butare.

Rotary Club District 9150 igizwe n’ibihugu 10 birimo u Rwanda, u Burundi, Cameroun, Congo, Gabon, Guinée Equatoriale, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Repubulika ya Centrafrique, Tchad na Sao Tomé-et-Principe.

Abanyamuryango bashya bahawe ikaze
Abayobozi bashya ba Rotary Club Kigali Karisimbi bari bafite akanyamuneza
Abayobozi bashya bazafatanya na Karenzi kuyobora Rotaract Club Kigali Karisimbi
Abayobozi bashya bahawe umukoro wo kwagura Rotary Club Kigali Karisimbi no kuyongerera abanyamuryango
Umuyobozi mushya n'uwo yasimbuye bajya inama
Karenzi yiyemeje gushishikariza urubyiruko ibyiza bya Rotary Club
Hafashwe ifoto y'urwibutso nyuma y'iki gikorwa
Mu banyamuryango bashya harimo n'umugore wanahawe inshingano z'ubwanditsi mu buyobozi bushya
Mu kwakira abanyamuryango bashya biba ari urugwiro rudasanzwe
Ubwo hakirwaga bamwe mu banyamuryango bashya
Umuyobozi Mushya w’Urubyiruko rwa Rotaract Kigali Karisimbi, Karenzi Boris, yiyemeje gukomeza kugira uruhare mu bikorwa bihindura ubuzima bw'urubyiruko
Umuyobozi Mushya wa Rotary Club Kigali Karisimbi, Satish Kuma, yagaragaje ko yiteguye guteza imbere imikorere yayo
Umwe mu banyamuryango bashya Rotary Club Kigali Karisimbi yungutse
Uwari Umuyobozi wa Rotary Club Kigali Karisimbi, Anyanwu Kelechi Reginald, yahaye abamusimbuye umukoro
Uyu muhango witabiriwe n'abanyamuryango baturutse mu yandi ma-clubs
Uyu muryango wiyemeje kongera umubare w'abanyamuryango bawo

Amafoto: Ntabareshya Jean de Dieu


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .