00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Serena Hotel yaremeye imiryango umunani y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababohoye igihugu

Yanditswe na Charles Nyandwi
Kuya 1 July 2023 saa 09:03
Yasuwe :

Serena Hotel kuri uyu wa 30 Kamena 2023 yagabiye imiryango umunani y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu rwego rwo kwifatanya na bo muri iyi minsi 100 yo kwibuka, hanaremerwa n’abagize uruhare mu kubohora igihugu.

Abagabiwe ni abo mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Kigali, mu Kagari ka Ruliba bashyikirijwe inka umunani. Ni umurenge watoranyijwe kuko hari ibyiciro byombi by’abagombaga kugabirwa.

Umuyobozi Mukuru wa Serena Hotel, Daniel Sambai, yavuze ko impamvu yo gutanga izo nka ari ukwereka abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ko bari kumwe na bo.

Ati “ Inka isobanuye byinshi mu muco wa Afurika. Igaragaza ubucuti, ubutunzi, ikanagaragaza ko abantu bunze ubumwe. Kubera ko Imana yaduhaye umugisha tukunguka, dufasha n’abaturage duturanye.”

Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Abakozi muri Serena Hotel, Erick Mugesera, yavuze ko igikorwa cyo gufasha abaturage baturanye n’iyi hotel atari ubwa mbere kibaye ahubwo ari ngarukamwaka.

Ati “Ubundi iki ni igikorwa nakwita ngarukamwaka. Umwaka ushize cyakorewe n’ubundi muri uyu murenge wa Kigali. Impamvu twahisemo uyu murenge ni uko twabonye hari abarokotse Jenoside dore ko turi no mu minsi ijana yo kwibuka. Ibi tubikora ngo twunganire Leta nk’uko ibikora muri gahunda ya Gira Inka.”

Yavuze ko bahisemo gutanga inka kuko ari zo zigira umumaro munini ugereranyije n’ibindi batangaga mbere nk’ibiribwa, imyambaro n’ibindi bitarambaga.

Igikorwa cyo gutanga inka cyahuriranye no gutaha Ibiro by’Akagari ka Ruliba kubatswe gatwaye miliyoni 59 Frw.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza, yashimiye Serena Hotel ku bwo kunganira leta mu guteza imbere abaturage iboroza inka, anashimira abaturage biyubakiye Ibiro by’Akagari by’icyitegererezo bizatuma begerezwa serivisi baboneraga kure.

Kuremera abaturage ni igikorwa Serena Hotel ikora mu buryo ngarukamwaka kuko mu myaka yatambutse yaremeraga abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi. Kuri iyi nshuro hari umwihariko wo kuba barahisemo kuremera n’abagize uruhare mu kubohora igihugu.

Umwaka ushize iki gikorwa cyabereye mu murenge wa Mageragere aho Serena Hotel yagabiye imiryango umunani y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .